Gasabo: Gitifu w’Akarere akurikiranyweho gutanga isoko mu buriganya

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ,Ingabire Augustin, akurikiranyweho icyaha cyo gutanga isoko ry’ibikoresho by’ibiro by’Ubutaka, mu buryo butemewe n’amategeko.

Ingabire Augustin ukurikiranyweho gutanga isoko mu buryo butemewe n'amategeko
Ingabire Augustin ukurikiranyweho gutanga isoko mu buryo butemewe n’amategeko

Amakuru Kigali Today ikesha umwe mu bakozi b’Akarere aravuga ko Ingabire Augustin yatawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Gicurasi 2018.

Uwo mukozi kandi yabwiye Kigali Today ko mu minsi ishize yari yaguye mu ikosa ryo kubaka nta byangombwa bibimwerera afite. Kugira ngo bibere abandi isomo Akarere kategetse ko iyo nzu yubatswe mu buryo butemewe n’amategeko isenywa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 11 )

Ibyo yakora byose ntibitangaje kuko niba akazi yarakagezemo akaguze amafranga ye kandi bishingiye ku kimenyane cyo muri vetting agomba kuyagaruza atajenjetse kuko nawe bajya kumwaka ruswa ngo abone umwanya wa Executive Secretary byaramuhenze. Nta gihe uRwanda rutazahora muri ibi bibazo kubera amanyanga abera mu itangwa ry’akazi inzego za leta zose zirebera barangiza bakabeshya abanyarwanda ngo akazi gatangwa binyuze mumucyo. Usenya urwe umutiza umuhoro gusa mujye mukomeza mubashyireho mushingiye ku kimenyane nibamara kubatamaza bibye ibya leta tuzajya tubafasha kuvuza induru!Shame upon you!

alias yanditse ku itariki ya: 11-05-2018  →  Musubize

nge sinumva uburyo yatanze isoko ntapiganwa ribayeho , kandi ubundi iyo habaye gutanga isoko nampiganwa bisaba uruhushya ruvuye muri RPPA , Na Minaloc , ndibaza nubwo umuntu yaba ari umuryi sinumva ko yaba numuswa ako kageni , mureke dutegereze ibizava murubanza

Jmv yanditse ku itariki ya: 10-05-2018  →  Musubize

Ahhhhh!Ngaho da!Izi ni ingaruka mu itangwa ry’akazi hakoreshejwe uburyo bw’amanyanga aho bimaze kumenyerwa ko umwanya wa Executive Secretary udapiganirwa ahubwo ashyirwaho babeshya ngo yemejwe binyuze muri vetting bivugango ajyaho hadashingiwe ku bumenyi n’ubushobozi ahubwo ashyirwaho kuberako azwi naho exams z’akazi zigatangwa ari ukwiyerurutsa kugira ngo procedures za recruitment bigaragare ko zubahirijwe. Mujye mukomeza mubashyireho mukurikije ikimenyane bazajya babatamaza.

alias yanditse ku itariki ya: 10-05-2018  →  Musubize

umuntu ahanirwa ibyaha aba akekwaho naho kwishima ko umuntu yafunzwe ngo bazakubwire gahunda basurira ho humura nawe ntuzasaza utagiye yo kuko urabyifuza,ngo yacaga Kubantu ntabahe, rift ye wowe uzanga abantu bose batunze imodoka kuko ntawe ufite incingano.zo kugutwara keretse taxi nayo ubanje kwishyura bitari byo uzagure iyawe,niba utabishoboye reka amatiku ufite amaguru *

gakuba yanditse ku itariki ya: 9-05-2018  →  Musubize

yayayaya Gasabo ko yarimaze kwandika izina mumikorere myiza ra gusa barebe neza batagira abandi bikoraho rwose uru rwego rwamufashe ndizera ko rufite ubuhanga n’ubushishozi kuko nibwo bari bakiva mumasomo kandi banasanzwe baratoranyijwe kubera ubunyangamugayo bagaragaje no mubyo bakoraga mbere rwose niba aribyo bifate uwo bireba bitadusenyera Akarere kari kamaze kwiyubaka

Ibyabo batangiye kwigira abashinza cyaha bo babe baretse kwivanga munshingano z’ubutabera.

Innocent yanditse ku itariki ya: 9-05-2018  →  Musubize

MURARATA UYU MUNYAMAFUTI TURATURANYE ACAKUBANTU AKAZAMURA IBIRAHURE NTABASUHUZE NGO BATAMUSABA LIFUTI,BAMUSENYESHEJE IGIPANGU NINZU, YUBATSE NTABYANGOMBWA NGO NTAWAMUSENYERA NGO ARAKOMEYE,MUZATUMENYESHE GAHUNDA YA MAGERAGERE YO GUSURA TUZAJYE GUSURA UWO MUTEGETSI.

Gapyisi gerevazi yanditse ku itariki ya: 9-05-2018  →  Musubize

IKIBABAJE UBU EJO BUNDI BAZAMUFUNGURA BAVUGA NGO NU MWERE, UYU YAKOZE KWA AUDITEUR GENERAL NONE NDUMVA YARAFASHWE NA RAPPORT IVUYE MURI BAGENZIBE NJYA NIBAZA ABABANTU NIBA KOKO BAKUNDA IGIHUGU NKUKO KIBAKUNDA?

Muhizi jean paul yanditse ku itariki ya: 9-05-2018  →  Musubize

Yewe ikubise mukeba uyirenza urugo ceceka gusa baramuhemukiye bamuha kuba Gitifu w’Akarere ari umwana aracyafite ishyushyu ryo gukira vuba yihangane

Alias yanditse ku itariki ya: 9-05-2018  →  Musubize

ahubwo yaratinze na ruswa ye nogutonesha no kurunda benewabo mu mirimo kandi batsinzwe ibizamini puuu nafatwe afungwe abibazwe Gasabo ntiwahakora utari mwene wabo ahita agusunika agashyiramo benewabo badafite competence yewe buhoro baragenda bagaragara tu.naryozwe ibyo yakoreye abakozi abarenganya.

MARIZA LAURENCE yanditse ku itariki ya: 9-05-2018  →  Musubize

Wowe wiyita MARIZA, ujye umenya ko urucira mukaso rugatwara nyoko, ibyo uvuze wabitangira ibihamya imbere y’ubutabera? Urabeshyera umuntu ngo wunguke iki? Imana niyo irenganura abarengana. Augustin Komera Muyobozi wacu, komera humura Imana izakurenganura naho ba MARIZA nabandi nkawe, shitani arabategereje ngo bazahembanywe.

Vuga ibyo uzasubiramo yanditse ku itariki ya: 9-05-2018  →  Musubize

Mariza ibyo avuga nukuri ikenewabo,ivangura,gutanga service nabi kubamugana,kwikakaza cyane,gutera ubwoba abaje bamugan(ibintu bishaje),Ubutabera ni butabimubaza Imana izabimubaza.Chacque choose a son temps.

Kumiro yanditse ku itariki ya: 10-05-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka