Gakenke: FPR yatashye inzu yo gukoreramo ifite agaciro ka miliyoni 48

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Gakenke, tariki 16/11/2014, batashye inzu uwo muryango uzajya ukoreramo ifite agaciro k’amafaranga miliyoni 48 yavuye mu misanzu y’abanyamuryango.

Uretse kuba iyi nzu izajya ikorerwamo gahunda z’umuryango wa FPR-Inkotanyi ngo izajya ininjiriza uyu muryango amafaranga mu buryo bwo gukodesha icyumba kinini cy’inama nacyo kiri muri iyi nzu.

Komiseri mukuru ushinzwe Politike, ubukangurambaga rusange hamwe n’imiyoborere myiza mu muryango FPR Inkotanyi, Wellaris Gasamagera wifitanyije n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu karere ka Gakenke mu bikorwa byo gutaha iyi nzu yabashimiye uburyo bateguye kino gikorwa.

Iyi nzu yatwaye amafaranga miliyoni 48 yose yatanzwe n'abanyamuryango ba FPR.
Iyi nzu yatwaye amafaranga miliyoni 48 yose yatanzwe n’abanyamuryango ba FPR.

Gasamagera kandi yabwiye abanyamuryango ko igikorwa batekereje ari ingirakamaro kuko Abanyarwanda muri rusange bagomba kwigira.

Ati “ni ibintu rero tugomba kumenya, tukamenya ko kwigira ni gahunda ya Leta ariko twebwe nk’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi nitwe tugomba gufata iya mbere, tugomba kuba nibandebereho, nitwe tugomba kwereka abandi tukanabazamura”.

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi kandi basabwe kuva muri politike y’amagambo gusa kuko ntacyo bimaze ahubwo bakajya muri politike y’ibikorwa kandi izana imigendekere myiza y’ubuzima bw’abanyarwanda nkuko nabyo babisabwe na Gasamagera.

Abanyamuryango bashimiwe ko igikorwa batekereje ari ingirakamaro kuko Abanyarwanda muri rusange bagomba kwigira.
Abanyamuryango bashimiwe ko igikorwa batekereje ari ingirakamaro kuko Abanyarwanda muri rusange bagomba kwigira.

Uhagarariye umuryango FPR Inkotanyi mu ntara y’amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, yashimiye abanyamuryango uburyo bashyize hamwe ubundi bagahindura amateka y’akarere ka Gakenke kari karabaye isibaniro ry’ibibi gusa ariko uyu munsi bakaba ari intangarugero.

Bosenibamwe kandi yasabye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi muri Gakenke kwihutisha ibikorwa by’amajyambere bagaragaje ko bashaka kugeraho bakamanuka hasi mu midugudu kugirango barusheho gusuzuma imibereho y’abaturage babo bareba ibyo bakeneye kuko aribwo umuryango uzarushaho kugira imbaraga.

Uretse kuba uyu muhango waranzwe no gutaha inzu y’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi, habayeho no kugabirana ku banyamuryango bari barorojwe aho nabo bituye bagenzi babo inka icumi.

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi borojwe mu myaka ishize nabo bituye bagezi babo.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi borojwe mu myaka ishize nabo bituye bagezi babo.

Brandine Dusabe ni umunyamuryango wagabiwe inka nyuma yaho yari amaze kubyara abana b’impanga harimo n’uwari utagejeje ikiro ariko uyu munsi akaba yishimira urwego amaze kugeraho kuko nawe yashoboye kwitura mugenzi we.

Komiseri Gasamagera yaneretswe abanyamuryango basaga 130 bibumbiye muri koperative “Terimbere mucuruzi w’imboga n’imbuto” ikorera mu murenge wa Gashenyi barimo kwiyubakira inzu yo gukoreramo izaba ihagaze miliyoni 62 bakaba bamaze kurangiza igice kimaze gutwara miliyoni 22.

Mu turere dutanu tugize intara y’amajyaruguru akarere ka Gakenke niko konyine kari gasigaye umuryango FPR Inkotanyi udafite inzu yo gukoreramo.

Abayobozi batandukanye mu muryango FPR Inkotanyi bafungura ku mugaragaro inzu ya FPR mu karere ka Gakenke.
Abayobozi batandukanye mu muryango FPR Inkotanyi bafungura ku mugaragaro inzu ya FPR mu karere ka Gakenke.
Komiseri Gasamagera yasabye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi kuva muri politike y'amagambo kuko ntacyo imaze.
Komiseri Gasamagera yasabye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi kuva muri politike y’amagambo kuko ntacyo imaze.

Abdul Tarib

Ibitekerezo   ( 3 )

RPF Oyeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeee mukomeze imihigo imvugo niyo ngiro

amina yanditse ku itariki ya: 17-11-2014  →  Musubize

MUKOMEZE KUJENGA IGIHUGU

umutoni dynah yanditse ku itariki ya: 17-11-2014  →  Musubize

muryango w’abanyarwanda komeza ushinge imizo hose ku isi maze ibikorwa byaw byizihire abanyarwanda

gakenke yanditse ku itariki ya: 17-11-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka