Gacurabwenge: Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda bateye ibiti

Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda batandukanye bakoreye umuganda mu Murenge wa Gacurabwenge, mu Karere ka Kamonyi wo gutera ibiti bizakikiza igishanga cya Kibuza.

Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda mu gikorwa cy'umuganda
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda mu gikorwa cy’umuganda

Uwo muganda rusange wabaye kuri uyu Gatandatu tariki 24 Ugushyingo 2018, wari uwo guha umusanzu abakorera ibikorwa by’ubuhinzi muri icyo gishanga, kugira ngo bizafate imyaka itazatwarwa n’isuri.

Mu bindi bakoze muri icyo gishanga kiri ku buso bwa hegitari 36, batunganyije amaterasi y’indinganire yateweho ibyo biti, byose mu rwego rwo kubungabunga ubutaka bwako gace.

Ibiti byatewe ni ibivangwa n’imyaka bigera ku bihumbi bine.

Uretse abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, uyu muganda witabiriwe kandi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Dr. Richard Sezibera, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka