ERC Gikondo yateguye Igiterane cyo kwereka urubyiruko inzira isohoka mu bibi

Muri gahunda y’igihembwe cy’umuryango aho bagaruka ku bibazo abawugize bahura nabyo, itorero ry’ivugabutumwa n’isanamitima mu Rwanda/ Evangelical Restoration Church-ERC Gikondo, ryashyize imbaraga zihariye mu rubyiruko, kubera ibihe bikomeye rurimo kunyuramo.

Ni igiterane kizatangirwamo ubutumwa bwibanda ku rubyiruko
Ni igiterane kizatangirwamo ubutumwa bwibanda ku rubyiruko

Muri ibyo bibazo harimo agahinda gakabije, kwishora mu bikorwa bibi by’ubusambanyi, ibiyobyabwenge, ubuzererezi n’ibindi, ariko byose bikaba bifite inkomoko.

Imwe mu nzira yo gukemura ibi bibazo, harimo no kwigisha urubyiruko ijambo ry’Imana, mu nsanganyamatsiko y’igiterane igira iti “Ahubwo wowe uzura umwuka Wera”.

Icyo giterane kizatangira ku Cyumweru tariki 10 Nzeli 2023, kirangire ku Cyumweru tariki 17 Nzeli 2023 i Gikondo kuri Paruwasi.

Keza Pascale, umuyobozi w’urubyiruko muri iri torero, asobanura impamvu z’iki giterane agira ati “Twasanze hari ibibazo byinshi byakemuka urubyiruko ruramutse rubwiwe impamvu rwakuzura Umwuka Wera.”

Intumwa Yoshua Ndagijimana Masasu
Intumwa Yoshua Ndagijimana Masasu

Keza avuga ko hari ibibazo bazagenda baganiraho buri munsi, haba ibiyobyabwenge, ubusambanyi, ubusinzi n’ibindi byose bikubiye mu burara, cyangwa imyitwarire mibi (delinquency).

Keza agira ati “Twizera ko hari ibibazo byinshi byacyemuka biciye mu kwigisha urubyiruko ijambo ry’Imana.”

Mu bazigisha muri iki giterane, harimo abavugabutumwa bazi neza ibibazo by’urubyiruko kuko babinyuzemo, kandi bagafasha n’urubyiruko rwo mu bihe bitandukanye kubyivanamo.

Muri bo harimo umuyobozi w’itorero ry’ivugabutumwa n’isanamitima ku Isi, intumwa Yoshua Ndagijimana Masasu, ndetse n’intumwa Francis Agyinasare wo mu gihugu cya Ghana.

Undi uzaganiriza urubyiruko ni Pasiteri John F. Kwizera, umuyobozi w’itorero Kingdom Believers’ Church.

Pasiteri John F. Kwizera
Pasiteri John F. Kwizera

Harimo kandi na Pasiteri Elisha Masasu, umuyobozi wa ERC Gikondo, na we wayoboye urubyiruko igihe kinini, ku buryo afite inama nyinshi yarugira.

Muri iki giterane hazabamo ubuhamya, inyigisho, imivugo, ibiganiro biyobowe n’abatangabuhamya (Panel), bizaba birimo no gusangira, aho bamwe bazajya bavuga ibyo banyuzemo, hanyuma abitabiriye bakabaza ibibazo, bigasubizwa.

Aho urubyiruko ruteraniye, ntihabura igitaramo. Muri iki giterane itorero ryatumiye abaramyi bakunzwe mu Rwanda nka Chryso Ndasingwa, Arsene Tuyi, James na Daniella, amatsinda y’abaramyi nka Worship Team Masoro, ababyina gakondo n’ibindi bizunganira inyigisho.

Hazaba kandi umwihariko ku bana b’abapasiteri, Keza avuga ko abana b’abapasiteri bakunze kuvugwaho kudakizwa ngo bahinduke.

Agira ati “Abo bana kubera uburyo ababyeyi babo baba bafite inshingano nyinshi zo kwita ku bo bayobora nabo batari bake, abana hari ubwo baburirwa umwanya, ugasanga bibaviramo kuremerewa."

Gahunda yo gufungura iki giterane, iteganyijwe ku Cyumweru saa kumi n’imwe i Gikondo kuri Paruwasi. Mu cyumweru gikurikiraho, amateraniro azajya atangira saa kumi n’imwe z’umugoroba kuva ku wa mbere, kugera ku wa gatanu.

Ku wa Gatandatu tariki 16 hazaba iyo gahunda y’abana b’abapasiteri, kuva saa tatu za mu gitondo, hanyuma nimugoroba saa kumi n’ebyiri kuri Park Inn Hotel mu Kiyovu, habe gusangira (dinner) banaganira ku bibazo by’urubyiruko.

Ku cyumweru, gahunda y’igiterane izasorezwa ku rusengero, kuva saa kumi z’umugoroba.

Arsene Tuyi
Arsene Tuyi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mwakoze cyane nigiterane cyiza ariko kubijyanye numugusoza igiterane kumunsi uwubanziriza nabonyemo gahunda yabana baba pasteur bategurirwa uwo Munsi wabo ndetse ba dinner . Ariko kubandi ntabyo nabonye ubwo byaba aribyiza kurobanura niba ntibeshye cg c ni buget ntoya cg c nabo barimo nibyo nasobanuzaga thanks

Alias yanditse ku itariki ya: 10-09-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka