Duhanganye n’ingaruka z’ubuyobozi bubi - Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko n’ubwo kwibohora byagezweho, ariko bagihanganye n’ingaruka ubuyobozi bubi bwasize zirimo inzara, ubukene n’umwiryane.

Perezida Kagame yifatanyije n'abaturage bo mu Murenge wa Shyira kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora
Perezida Kagame yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Shyira kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora

Yabitangaje ubwo yifatanyaga n’abaturage b’uturere twa Gakenke, Nyabihu, Musanze, Muhanga na Ngororero, mu kwizihiza imyaka 23 u Rwanda rumaze rwibohoye, kuri uyu wa kabiri tariki 4 Nyakanga 2017.

Yagize ati “Kwibohora birimo inzego ebyiri: Abantu n’ibikorwa. Twibohoye ubuyobozi bubi n’abayobozi babi byaduteraga guhora inyuma y’abandi.”

Yunzemo agira ati “Abana bariga, urwaye arivuza, mu Rwanda hose abaturage barahinga, bakorora, bakihaza bakanasagurira amasoko. Iyo niyo nzira twifuza kandi tuyirimo dufite icyizere cyo kugera ku ntumbero yacu. Igisigaye ni ukwihuta.”

Yavuze ko Abanyarwanda bakwiye gushingira ku buyobozi bwiza bafite, bakubaka n’igihugu nk’uko bakifuza. Yavuze ko ubuyobozi buriho bwatanze urubuga n’icyizere ku baturage cyo gutera imbere.

Perezida Kagame asuhuza abaturage
Perezida Kagame asuhuza abaturage

Ati “Mu myaka yashije abaturage benshi ntabwo bari bafite icyizere cy’ahazaza. Ubu turakora tukiteza imbere.”

Muri uyu muhango Perezida Kagame, ari kumwe na Madamu we Jeannette Kagame banafunguye ku mugaragaro ibitaro bya Shyira byubatswe n’ingabo, bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi ibihumbi bibiri.

Abaturage bari bitabiriye uyu munsi wo kwibohora ari benshi
Abaturage bari bitabiriye uyu munsi wo kwibohora ari benshi

Banasuye inzu 108 zubakiwe abatishoboye bo mu Murenge wa Shyira na zo zubatswe n’ingabo za RDF.

Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye ibirori by'umunsi wo Kwibohora
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye ibirori by’umunsi wo Kwibohora
Inzu zubakiwe abatishoboye
Inzu zubakiwe abatishoboye
Ibitaro bya Shyira
Ibitaro bya Shyira
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ndashima Peresida wacu Dukunda cyane Paul Kagame kuba yatwibukije ko aritwe abanyarwanda ubwacu dukwiye kwiyubakira ugihugu tukakigeza aho dushaka ko kigera kuko dufite n’abayobozi beza tugafatanya kwiyubakira igihugu.Twari twarazonze n’ubuyobozi n’abategetsi babi batatumaga dutera imbere, Ndashima Impanuro Umukuru w’igihugu cyacu Presida Kagame yatugejejeho AHO TWIZIHIZA iMYAKa 23 ISHIZE THIBOHOYE INGOMA Y’IGITUGU.iBI TUBIKESHA Presida wacu wari uyoboye ingabo za FPR INKOTANYI zadukuye mu menyo ya rubamba

Rutijanywa yanditse ku itariki ya: 5-07-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka