Dore ibyamamare mu iyobokamana na politiki byitabye Imana muri 2022

Mu mpera z’umwaka no mu ntangiriro z’undi, abantu batandukanye bategura ibirori byo kwishimira ko bawurangije neza, ariko hari n’abo bitakunduye kuwurangiza kuko batabarutse. Mu batabarutse harimo abari ibyamamare bazwi mu Rwanda, mu Karere no ku rwego rw’Isi. Harimo abari bazwi muri Politiki, iyobokamana, mu mupira w’amaguru n’ibindi. Dore amazina n’amateka makeya ya bamwe mu byamamare bitabye Imana muri 2022.

Umwamikazi Elizabeth II
Umwamikazi Elizabeth II

Mu byekereye iyobokamana hari Abapadiri ba Kiliziya Gatolika bitabye Imana mu mwaka ushize.

Muzungu Bernardin

Uyu mupadiri yamenyekanye cyane mu kwandika ibitabo ndetse akaba n’umusizi, yatabarutse ku itariki 10 Kanama 2022, ku myaka 90 azize indwara.

Padiri Muzungu Bernardin
Padiri Muzungu Bernardin

Sindarihora Antoine

Uyu yabarizwaga muri Diyosezi ya Cyangugu, yitabye Imana ku itariki 29 Ukwakira 2022, akaba yari afite imyaka 84 na we azize uburwayi.

Sebahire Emmanuel

Padiri Sebahire yabarizwaga muri Paruwasi ya Shyorongi, yitabye Imana ku itariki ya 26 Ukwakira 2022, mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal azize uburwayi bw’umutima.

Uretse abapadiri bitabye Imana, hari na Papa Benedigito XVI, wabaye Umushumba wa Kiliziya guhera mu 2005 kugeza mu 2013 ubwo yeguraga ku nshingano ze. Yitabye Imana tariki 31 Ukuboza 2022, afite imyaka 95 y’amavuko, azize indwara.

Papa Benedigito XVI
Papa Benedigito XVI

Muri Politiki

Mwai Kibaki

Kibaki yabaye Perezida wa Kenya, yitabye Imana ku itariki 22 Mata 2022, akaba yari afite imyaka 90 y’amavuko.

José Eduardo dos Santos

Yabaye Perezida wa Angola mu gihe cy’imyaka 37, itabye Imana ku itariki 8 Nyakanga 2022, akaba yari afite imyaka 79 y’amavuko, aho yaguye mu ivuriro ryo mu Mujyi wa Barcelone muri Espagne, aho yari ari mu bitaro nyuma yo kugira ikibazo cyo guhagarara k’umutima bitunguranye ‘un arrêt cardiaque’.

José Eduardo dos Santos
José Eduardo dos Santos

Ibrahim Boubacar Keïta

Uyu yahoze ari Perezida wa Mali, yitabye Imana ku itariki 16 Mutaram 2022 aguye mu murwa mukuru Bamako, akaba yari afite imyaka 76 y’amavuko.

Umwamikazi Elizabeth II

Yatanze ku itariki 08 Nzeri 2022, akaba yari afite imyaka 96 y’amavuko, yatanze amaze imyaka 70 ku ngoma mu Bwongereza, akaba ari wayoboye igihe kirekire kuru abamubanjirije.

Mikhail Sergeyevich Gorbachev

Gorbachev yabaye Perezida wa nyuma wa Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete, yitabye Imana ku itariki 30 Kanama 20222, afite imyaka 91 y’amavuko, azize uburwayi.

Mikhail Sergeyevich Gorbachev
Mikhail Sergeyevich Gorbachev

Ivana Trump

Yahoze ari umugore wa Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasanzwe mu nzu yapfuye ku itariki 14 Nyakanga 2022, akaba yari afite imyaka 73 y’amavuko.

Muri Siporo

Pelé

Edson Arantes do Nascimento wari uzwi nka Pelé, Umunya-Brazil wamenyakanye akaba umunyabigwi mu mupira w’amaguru w’Isi, yitabye Imana ku wa Kane tariki 29 Ukuboza 2022, afite imyaka 82 y’amavuko, akaba yarazize indwara ya kanseri y’amara.

Pelé
Pelé
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka