Dina Nyirabanyiginya yegukanye imodoka ya kabiri muri SHARAMA na MTN

Umukobwa witwa Dina Nyirabanyiginya niwe wegukanye imodoka muri tombola ya SHARAMA ku nshuro ya kabiri, mu modoka eshatu zigomba gutomborwa muri tombola yashyizweho na MTN.

Nyirabanyiginya w’imyaka 24 atomboye iyi modoka akurikira umusore uturuka mu karere ka Rusizi wari watomboye iya mbere mu minsi ishize.

Mu muhango wo kumushyikiriza urufunguzo rw’iyi modoka, kuri uyu wa Gatatu tariki 05/09/2012, Nyirabanyiginya wagaragaje amarangamutima arira kubera gutungurwa, yatangaje ko izamufasha kuzamura umuryango we.

Nyirabanyiginya akimara kwicara mu modoka yahise afatwa n'ikiniga ararira.
Nyirabanyiginya akimara kwicara mu modoka yahise afatwa n’ikiniga ararira.

N’ubwo atatangaje niba azayigurisha cyangwa azayigumana, Nyirababanyiginya usanzwe ukora akazi ko gucuruza mu iduka ry’ibikoresho, yavuze ko ashimira Imana kuba ari yo yamuhaye ayo mahirwe.

Ubuyobozi bwa MTN butangaza ko iyi gahunda yo gutombola binyuze muri SHARAMA yagiyeho mu rwego kwizihiza isabukuru y’imyaka 14, iyi sosiyiete iri ku mwanya wa mbere mu Rwanda kugira abafatabuguzi benshi, imaze ihakorera.

Imodoka yatsindiye.
Imodoka yatsindiye.

Abandi banyamahirwe nabo batomboye ibihembo birimo moto, mudasobwa igendanwa, amagari, matela na za telefoni zitandukanye bahembwe.

Biteganyijwe ko iyi tombola yatatwaye akayabo ka miliyoni 90 z’amafaranga y’u Rwanda izasozwa tariki 20/09/2012.

Mu banyamahirwe batomboye moto harimo n'umugore.
Mu banyamahirwe batomboye moto harimo n’umugore.
Nk'uko bisanzwe hanatanzwe amagare yatombowe n'abanyamahirwe.
Nk’uko bisanzwe hanatanzwe amagare yatombowe n’abanyamahirwe.
Abandi batsindiye za matea nabo bazihawe.
Abandi batsindiye za matea nabo bazihawe.

Emmanuel N. Hitimana

Ibitekerezo   ( 10 )

MURAHO?

Niba mushaka gukorera mu mucyo muge mu bishyira ahagaragara kdi binyuzwe kuri TVR igihe kizwi
abatsinze congr,

yanditse ku itariki ya: 6-09-2012  →  Musubize

yewe ntawamenya ariko niba ari nukuri Congratulation.
Nange ubutaha wenda ninge.

yanditse ku itariki ya: 6-09-2012  →  Musubize

Ese ibintu bitanyura kumugaragaro abantu babwirwa ni iki niba hatarimo za ruswa ? Mwagiye mubishyira ahagaragara ntimubihishe.Mugira amanyanga

uwineza ange yanditse ku itariki ya: 6-09-2012  →  Musubize

Good, ariko byaba byiza bigiye binyura on Tv, base bireba umuntu agaca amazimwe, kuko ntabwo tuzi niba ari amanota cg.

Yake yanditse ku itariki ya: 6-09-2012  →  Musubize

Good, ariko byaba byiza bigiye binyura on Tv, base bireba umuntu agaca amazimwe, kuko ntabwo tuzi niba ari amanota cg.

Yake yanditse ku itariki ya: 6-09-2012  →  Musubize

Oya nimutubwire amanota uwa mbere yabonye. Jye maze kohereza message zirenga 1000 nyamara habe ngo ntombore n’igare koko.

saruhara yanditse ku itariki ya: 6-09-2012  →  Musubize

Dukeneye kumenya amanota y’abatsinze kuko ahari benshi dufitee amanota menshi nyamara ntitwibone mu batombora. Naho ubundi harabamo urwikekwe ndabarahiye.

Bit yanditse ku itariki ya: 6-09-2012  →  Musubize

Ni ubuhe butumwa bohereza kugira ngo batsinde MTN SHARAMA?

Cadette yanditse ku itariki ya: 6-09-2012  →  Musubize

Good

cyizere yanditse ku itariki ya: 6-09-2012  →  Musubize

Tubashimiye uburyo mutwitayeho gusa turasabako mwajya munatangaza amanota abantu batsinze baba bagize. kugirango bibejye bikorwa mumucyo nta rwicyekwe.

BAHATI Emmy yanditse ku itariki ya: 6-09-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka