#CHOGM2022: Igikomangoma Charles w’u Bwongereza ari mu Rwanda
Igikomangoma cya Wales mu Bwami bw’u Bwongereza, Charles n’umugore we Camilla, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri Tariki 21 Kamena 2022, bageze mu Rwanda aho bitabiriye Inama ya CHOGM irimo kubera i Kigali.

Ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Igikomangoma Charles n’umugore we bakiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza Omar Daair, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza Busingye Johnston, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz mu Rwanda (RMB), Ambasaderi Yamina Karitanyi.

Muri Werurwe uyu mwaka, Prince Charles Philip Arthur George nibwo yatangaje ko ari we uzitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bikoresha Icyongereza (CHOGM) izabera i Kigali mu Rwanda, akaba yayitabiriye nk’umushyitsi mukuru, ndetse ahagarariye Umwamikazi Elizabeth II usanzwe ari umuyobozi wa Commonwealth.

Icyo gihe yagize ati: “Njye n’umugore wanjye twishimiye ko tuzitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth i Kigali, mu Rwanda, muri Kamena.”
Igikomangoma Charles ubwo aheruka guhagararira Umwamikazi hari mu birori byabereye muri Sri Lanka mu 2013, mu gikorwa cyagaragaye nko kwitegura imirimo ye nk’uzasimbura wa nyina ku ngoma.

Inkuru zijyanye na: CHOGM 2022
- Dore umusaruro u Rwanda rwakuye muri CHOGM 2022
- Exclusive Interview with Dr Donald Kaberuka on the sidelines of #CHOGM2022
- Video: Tumwe mu dushya twaranze #CHOGM2022
- Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ubutumwa bw’ishimwe
- Urubyiruko rwa Commonwealth rwagaragarije abayobozi ibyifuzo byarwo
- Perezida Kagame yashimiye abitabiriye CHOGM, abifuriza urugendo ruhire
- Gabon na Togo byabaye abanyamuryango bashya ba Commonwealth
- Hari abantu batari muri gereza bari bakwiye kuba bariyo - Perezida Kagame
- Igice kimwe cy’Isi ntigikwiye kugenera abandi indangagaciro - Perezida Kagame
- Ibibazo ntibihora ari iby’urubyiruko gusa, n’abakuze hari bimwe duhuriraho - Perezida Kagame
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wateguwe n’Igikomangoma Charles
- #CHOGM2022: Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga baganiriye ku guhangana n’ingaruka za Covid-19
- Boris Johnson yifurije ishya n’ihirwe Perezida Kagame ugiye kuyobora Commonwealth
- Turi igihugu cyashenywe na Jenoside, ariko ubu cyarahindutse mu mutima, mu bwenge no ku mubiri - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza abakuru b’Ibihugu bitabiriye CHOGM
- Abitabiriye #CHOGM2022 baryohewe n’umukino wa Cricket
- #CHOGM2022: Uko imihanda y’i Kigali ikoreshwa kuri uyu wa Gatanu
- Perezida Kagame yakiriye Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza
- Imodoka zisaga 100 zikoresha amashanyarazi zirimo gutwara abitabiriye CHOGM
Ohereza igitekerezo
|