CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
Dr Pierre Damien Habumuremyi, umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe intwari, imidari n’impeta z’ishimwe (CHENO) arasaba ko bashakirwa aho gukorera hafite ubwinyagamburiro kuko aho bakorera ubu hadahagije.
Ibi Dr Habumuremyi yabitangarije mu muhango w’ihererekanya bubasha hagati ye na Dr Iyamuremye Augustin wayoboraga uru rwego wabaye ku wa kabiri tariki ya 10/03/2015.
Yagize ati “Urwego nk’uru rutagira aho gukorera, ni ibintu biba bitumvikana kuko uko nahabonye, ni ahantu umuntu adashobora no kubona uko ahinjira, kuhagera ni nka bimwe mu Kinyarwanda bita gusesera, kandi ikiyongereyeho ni ahantu uko tungana tudashobora kubona aho gukorera inama”.
Dr Habumuremyi yatangaje ko kuba uru rwego rudafite aho gukorera hafite ubwinyagamburiro bidakwiye ndetse nta n’urundi rwego rwa Leta rwakagombye gukorera ahantu nk’aha, aboneraho gusaba Minisitiri w’umuco na Siporo, Uwacu Julienne ko yabakorera ubuvugizi kugira ngo babashe kubona aho gukorera hajyanye n’inshingano ikigo gifite.
Dr Habumuremyi kandi yasabye ko iki kigo cyakongererwa ingengo y’imari, kugira ngo ibikorwa bafite byinshi birimo cyane cyane icyo gutoza urubyiruko umuco w’ubutwari kugira ngo ruzawukurane bizabashe kugerwaho, aho yavugaga ko ubushobozi bw’igihugu n’ubwo ari buke bwasaranganywa imirimo yose ikabasha gutungana.
Minisitiri uwacu Julienne, yashimiye Dr Iyamuremye Augustin umuyobozi wa CHENO ucyuye igihe, anizeza ubuyobozi bw’iki kigo ubufatanye mu bikorwa byarwo bya buri munsi biyemeje.
Yabijeje kandi kubakorera ubuvugizi ku bibazo bagaragaje birimo kubona aho bakorera hafite ubwinyagamburiro, ndetse no kubashakira ingengo y’imari ihagije izabibashamo, kugira ngo inshingano zabo zizabashe kugerwaho nk’uko babyifuza.
Roger Marc Rutindukanamurego
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ibitekerezo ( 6 )
Ohereza igitekerezo
|
Ihangane Damiyani ntutekereze ko hakubera nka Primature. Ejo uraba utakamba ngo Julienne agutegekesha igitugu. ntakundi byagenda the world is round. Gusa iyo mba wowe narikujya muri kaminuza nkigisha kuko ubwenge urabufite cyangwa nkikorera. Cyangwa iyo wigira hanze numva ngo ba Kikwete mubyumva kimwe barikugufasha kubona occupation. D’apres tout urambabaje. Sorry
Let us work hard and perform well in what we are doing. But every one must know that our country is people centred government. We don’t need offices we need achievements.
Ubuse yo wongera icyo cyumba ukiri prime mnstr.muzajya mwita kubyanyu gusa.bamo kuko nuwabagamo yavukiye icyenda kdi nawe ni Dr
Ese ubundi iyo uba umugabo nka Lyambabaje wanze humiliation nk’iyo ukorewe. Wagira ngo Doctorat wabonye ni iyo mu Biryogo kabisa.
Comment un docteur comme toi accepte une telle humiliation, degradation!!!!!!!
Qui vivra verra!
Hahahaaaaaa, Damien nuko uvuye muri Primature hisanzuye cyane aho byose wabirangirizaga muri office naho ubindi n’aho ni hagari humura numara kuhamenyera uzasanga ari hanini. Ubu koko aka kanya utangiye gutesha leta umutwe ngo urashaka za office nini? Mu gihe gishize ko nta na office ingana n’icyari wari ufite wabaye witonze ukamenya niba n’uwo mwanya ari uwawe koko? kandi niwumva utahakorera uzasezere. Anasitazi weeee Damien arantumye ngo akumbuye office ye!
Uyu muyobozi mushya nareke gutera icyokere.Ko yari Minisitiri w’intebe yakoze iki ngo akemure ibyo bibazo ariho atura uwamusimbuye?
Abonye nta gafaranga karimo none atangiye guhangayika?
Perezida Kagame yaragatoye gukorana n’abantu bakunda kwiremereza cyane.
Ese yabyihoreye akajya gushinga za kampani agacuruza agatanga akazi agatanga n’imisoro.
Ubu se Dr Iyamuremye Augustin ntiyakoreye muri ibyo biro kandi agatanga umusaruro! Mujye mugira ikinyabupfura nabyo birafasha mu buzima.