CG Dan Munyuza yagizwe Ambasaderi, Ange Kagame ahabwa inshingano mu Biro bya Perezida

Perezida Paul Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye mu Biro bye, Village Urugwiro, ku wa Kabiri tariki ya 1 Kanama 2023, ifatirwamo imyanzuro itandukanye, irimo nko kuba CG Dan Munyuza yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Misiri.

CG Dan Munyuza
CG Dan Munyuza

CG Dan Munyuza aherutse gusimburwa na CG Felix Namuhoranye ku buyobozi bwa Polisi y’Igihugu.

Mu bandi bahawe inshingano harimo Ange Kagame wagizwe Umuyobozi wungirije w’Akanama gashinzwe Ingamba na Politiki za Leta mu Biro bya Perezida.

Maj Gen Charles Karamba wari uherutse gusoza manda ye nka Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia aho azaba anahagarariye u Rwanda muri Afurika yunze Ubumwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nge angeKagame namwifurizaga ubwa minister of state technology and inovation

patto rumanyika yanditse ku itariki ya: 2-08-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka