Burera: Bizihiza Noheli bahemba umubyeyi Bikira Mariya “amapfukire”

Abakirisitu Gatolika bo mu karere ka Burera bafata umunsi mukuru wa Noheli nk’umunsi udasanzwe kuburyo bateganya ibyo bagomba guhemba umubyeyi Bikira Mariya uba wibarutse umwana Yezu.

Abo bakirisitu babifashe nk’umuco kuburyo muri buri gitambo cya Misa cyo kuri Noheli buri mukirisitu yitanga uko ashoboye akazana icyo ari buhembe Bikira Mariya wabyaye umwana Yezu wacunguye isi.

Abahinzi bafata kubyo bejeje bakabishyira mu biseke bipfundikiye neza, aribyo bita “amapfukire”, ubundi ababyeyi bakabizana mu Kiliziya, mu gihe cyo gushimira bakabijyana kuri aritari maze padiri akabiha umugisha.

Abazanye amapfukire mu gihe cyo gushimira barayikorera bakayajyana kuri aritari.
Abazanye amapfukire mu gihe cyo gushimira barayikorera bakayajyana kuri aritari.

Abandi bakirisitu batabashije kubona ibyo bashyira mu “mapfukire” batanga ibindi bafite byiganjemo amafaranga.

Muri ayo mapfukire azanwa n’ababyeyi haba harimo ibyo abahinzi bejeje muri icyo gihe birimo ibirayi, ibishyimbo, ibigori n’ibindi. Ibyo byose iyo bimaze gukusanywa ngo babifashisha abandi bakirisitu batishoboye.

Kuri Noheli y’umwaka wa 2013, abakirisitu bo muri santarare gatolika ya Butete, iri mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, bitabiriye misa ari benshi ndetse banahemba cyane umubyeyi Bikira Mariya kuburyo ababyeyi bazanye amapfukire ari benshi ndetse banashimira Imana batura amafaranga menshi.

Kuri Noheli ya 2013 abakirisitu bo muri santarare ya Butete basengeye muri Kiliziya yabo nshya nini. Iyo santarare barenda kuyigira Paruwasi.
Kuri Noheli ya 2013 abakirisitu bo muri santarare ya Butete basengeye muri Kiliziya yabo nshya nini. Iyo santarare barenda kuyigira Paruwasi.

Nubwo ari santarare iri ahantu h’icyaro abakirisitu baho baritanga cyane kuburyo mu misa ya mbere n’iya kabiri zabaye kuri Noheli ya 2013 habonetse amaturo arenga ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Rwanda.

Nubwo umunyamakuru wa Kigali Today atabashije kumenya ingano y’ibyari biri mu “mapfukire” byagaragaraga ko ari byinshi uhereye ku mubare w’abayazanye.

Ikindi ni uko kuri Noheli yo mu mwaa wa 2012 aba bakirisitu basengeye muri Kiliziya nto cyane kuburyo abakirisutu benshi bumviye misa hanze. Ariko kuri Noheli ya 2013 basengeye muri Kiliziya nshya nini kuko iyo nto barayishenye bubaka indi. Iyo santarare barenda kuyigira Paruwasi.

Iyo Kiliziya nshya ntiruzura neza. Niyo mpamvu padiri wasomye misa kuri Noheli ya 2013 yashimiye abo bakirisitu ku kwitanga kwabo akomeza abasaba gukomeza kwitanga kugira ngo Kiliziya yabo yuzure neza.

Kuri santarare ya Butete ababyeyi bazanye amapfukire yo guhemba umubyeyi Bikira Mariya bayaherezaga padiri ngo abanze kuyaha umugisha.
Kuri santarare ya Butete ababyeyi bazanye amapfukire yo guhemba umubyeyi Bikira Mariya bayaherezaga padiri ngo abanze kuyaha umugisha.

Abanyaburera basanganywe umuco wo guhemba umubyeyi wibarutse umwana. Ababyeyi batandukanye bishyira hamwe bagashyira mu biseke ibintu bitandukanye ubundi bakajya gusura umubyeyi wabyaye, bakamuhemba.

Iyo uwo mubyeyi yabyariye kwa muganga, bamusanga yo, agataha bamushagaye inzira yose bagenda n’amaguru. Abandi babyeyi bamuririmbira, bavuza ingoma n’impundu.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

ibyo nibyo byiza bagomba kuyaha abatishoboye

yesarakiza anatole yanditse ku itariki ya: 10-06-2018  →  Musubize

ni byiza ariko aya maturo bage bayaha abatishoboye kuko ni yo mpamvu yezu yavukiye mu bukene

carine yanditse ku itariki ya: 26-12-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka