Burera: Abantu bataramenyekana barashe ku modoka umwe yitaba Imana

Umuntu umwe yitabye Imana ubwo abantu bataramenyekana barasiraga imodoka mu gasantere kitwa Kurwibikonde kari mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 15/01/2013.

Iyo modoka yarashwe iri mu bwoko bwa FUSO ifite puraki RAB 260 K itwaye umushoferi n’abandi bantu babiri, yavaga ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda uherereye ku Cyanika, igana inzira zijya mu mujyi wa Musanze yikoreye amasaka.

Iyi Fuso yarashwe yari yikoreye amasaka.
Iyi Fuso yarashwe yari yikoreye amasaka.

Mu ma saa moya z’umugoroba ubwo iyo modoka yageraga muri santere ya Kurwibikonde iri hafi y’umupaka wa Cyanika, nibwo abo bantu bataramenyekana barashe kuri iyo modoka amasasu atandatu maze umushoferi witwa Habimana Sostène bakunze kwita Tugize, ari nawe nyir’iyo modoka, ahita ahasiga ubuzima.

Uwari utwaye iyi modoka yahasize ubuzima abandi babiri bakomeretse bari mu bitaro bya Ruhengeri.
Uwari utwaye iyi modoka yahasize ubuzima abandi babiri bakomeretse bari mu bitaro bya Ruhengeri.

Abo babiri bandi bo bakomeretse bajyanwa kwa muganga mu bitaro bya Ruhengeri nyuma bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK).

Mu gitondo cyo kuri uyu wa watatu tariki 16/01/2013 abayobozi b’akarere ka Burera ndetse n’inzego zishinzwe umutekano zari zigishakisha uwaba yarashe kuri iyo modoka ariko ntaramenyekana.

Iyo FUSO yarasiwe hafi y'iyi santere yitwa Kurwibikonde.
Iyo FUSO yarasiwe hafi y’iyi santere yitwa Kurwibikonde.

Gusa ariko bishoboka ko uwayirasheho yari azi Habimana kuko yayirashe akayikurikira kugeza igihe abari barimo bose bafashwe n’amasasu.

Habimana yari asanzwe ari umucuruzi. Apfuye afite imyaka 32 y’amavuko, asize abana bane n’umugore. Yari atuye ahitwa mu Gataraga, mu murenge wa Shingiro, mu karere ka Musanze.

Turacyabakurikiranira iyi nkuru.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Umuryangowe w’ihangane.
erega byose biterwa n’umutima mubi w’ishyari,urwango,inda nini iturenga tukamarana,

maman yanditse ku itariki ya: 17-01-2013  →  Musubize

birababaje cyane

vedaste yanditse ku itariki ya: 16-01-2013  →  Musubize

Abo bagome bafatwe bakanirwe urubakwiye bari kutwa ngiriza isura y’Igihugu IMANA ibakire mubayo uwapfuye.

sasa yanditse ku itariki ya: 16-01-2013  →  Musubize

Ariko abanya Rda no kumena amaraso koko tuzagezaryari?????????????????

akagabo john yanditse ku itariki ya: 16-01-2013  →  Musubize

inzego zishinzwe umutekano nizihagurukire abo bashaka guhungabanya umutekano wabanyarwanda bafatwe bahanwe babe intangarugero gusa Imana ihe iruhuko ridashira uwo mushoferi

siborurema yanditse ku itariki ya: 16-01-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka