Borojwe inka zifite agaciro ka Milioni 1,200 Frws na JHPIEGO

Kuri uyu wa Gatanu abakozi b’umuryango wa JHPIEGO baremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu mudugudu wa Twinya, Akagali ka Murambi, Umurenge wa Gikomero ho mu karere ka Gasabo, inka zifite agaciro ka Milioni 1, 200 Frws

Mu gikorwa ngarukamwaka cyo kwifatanya n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, aba bakozi b’uyu muryango utegamniye kuri Leta bishyize hamwe bakusanya inkunga irenga Milioni y’AMafaranga y’u Rwanda, maze bayigura mo inka z’inzungu enye, bazishyikiriza aba batujwe muri uyu mudugudu bavuye mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gasabo.

Borojwe inka enye zifite agaciro agaciro ka Milioni 1,200 Frws
Borojwe inka enye zifite agaciro agaciro ka Milioni 1,200 Frws

Mbarushimana Faustin ni umwe mu baturage bane borojwe izi nka avuga ko kuri we yumva ubupfubyi bushize mu mutima
“kuba mpawe iyi nka bingaragarije ko hari ababyeyi bakibaho kuko nasigaye ndi impfubyi ndi umwana umwe, kuba narahawe inka ndetse naranahawe n’inzu bimbereye ikintu gikomeye mu buzima bwanjye kuko ubu ndumva ubupfubyi bushize mu mutima wanjye”

Gahamanyi Pascal nawe worojwe yatangarije Kigali Today ko ubu agiye kwiyubura agasa nk’abasore, ko kand n’abana be ubu nta wuzigera arwara bwaki
Ati “kuva mbonye inka ndumva nishimye cyane, ndashima cyane uyu muryango witanze ukaduha inka, ni ubwitange bwaturutse kuri Nyakubahwa Perezida wa Republika watangije iyi gahunda, ubu ndumva ngiye kwiyuburura nkaba nk’abandi basore bose sinzongera kugaragara nk’umusaza kandi ntari umusaza, ubu n’abana banjye bagiye gusezera ku ndwara ziterwa n’imirire mibi”

Bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye mu rwibutso rw'Umurenge wa Rutunga
Bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi zishyinguye mu rwibutso rw’Umurenge wa Rutunga

Dr Beatha Mukarugwiro, Umuyobozi wungirije wa JHPIEGO mu Rwanda, yatangaje ko iki gikorwa kitarangiriye mu gutanga inka, ko ahubwo bazakomeza kuba hafi iyi miryango, ndetse haba muri Gikomero n’ahandi mu gihugu.

Yagize ati“Twishyize hamwe kuko Jenoside yakorewe Abatutsi ni ikintu cyababaje abantu benshi, ni yo mpamvu twishyize hamwe ngo dufate mu mugongo abayirokotse batuye hano mu murenge wa Gikomero, tukazaguma kuba a hafi mu buzima bwa buri munsi

Abakozi b'Umuryango JHPIEGO bafashe ifoto y'urwibutso
Abakozi b’Umuryango JHPIEGO bafashe ifoto y’urwibutso

Uyu mushinga utegamiye kuri Leta witwa JHPIEGO, wakoreye mu Rwanda kuva mu myaka ya 1980, uza kongera gukorera mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2004, aho ukorera mu turere 20 tw’u Rwanda, aho ufatanya n’abaturage mu bikorwa by’ubuzima.

Andi Mafoto

Bariyegeranije bakusanya inkunga ya Milioni 1,200 Frws
Bariyegeranije bakusanya inkunga ya Milioni 1,200 Frws
Banabashyikirije ibaruwa irimo inkunga yo gukomeza kwita kuri izi nka bahawe
Banabashyikirije ibaruwa irimo inkunga yo gukomeza kwita kuri izi nka bahawe
Imwe mu mazu ari mu mudugudu wa Twinya yatujwemo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Gasabo
Imwe mu mazu ari mu mudugudu wa Twinya yatujwemo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Gasabo
Ashoreye inka ye
Ashoreye inka ye
Ayinjiza mu rugo ...
Ayinjiza mu rugo ...
Imwe mu nka bahawe
Imwe mu nka bahawe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka