BK yiteguye gukorana n’abahanzi mu kazi kabo ka buri munsi

Banki ya Kigali irasaba abahanzi gutinyuka bakayigana kugira ngo babashe gukorana nk’abandi bashoramari bose.

Nshuti Thierry, umukozi wa BK
Nshuti Thierry, umukozi wa BK

Muri iki gihe u Rwanda n’isi yose muri rusange biri guhangana n’icyorezo cya covid-19, ibitaramo n’imurikagurisha biri mu bintu byahagaritswe bwa mbere kuko byahuzaga abantu benshi. Banki ya Kigali irasaba abahanzi kuba bayigana ikabafasha muri ibi bihe bitoroshye.

Banki ya Kigali ikaba ari n’umwe mu bafatanyabikorwa ba Iwacu Muzika Festival, yasobanuye ko ishaka gukorana n’abahanzi b’abandi bacuruzi bose.

Nshuti Thierry, umukozi wa BK yagize ati “Nimba twaha amafaranga umuhinzi akagura inyongeramusaruro kuko yize umushinga we neza, kuki tutayaha umuhanzi wize uwe neza”.

Yakomeje asobanura ko abahanzi na bo bakorera amafaranga, baba ari abanyabukorikori cyangwa abaririmba bose barinjiza.

Nshuti yagize ati “Mu gihe umuhanzi ushushanya agurisha ibihangano bye cyangwa se uririmba yinjiza amafaranga akaba yakwerekana uburyo yinjiza, BK yiteguye kuba yakorana na bo kugira ngo babashe kubona ibikoresho bihagije bibafasha kongera amafaranga binjiza”.

Mu bisobanuro yatanze yavuze ko ubuhanzi ari ishoramari nk’irindi ryose, ababurimo ari cyo gihe cyo kugana amabanki bagakorana mu kuzamura ubukungu bw’igihugu buri mu rubyiruko.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka