Benshi bategerezanyije amatsiko uruzinduko rwa Madamu Jeanntte Kagame mu karere ka Rusizi

Abatuye akarere ka Rusizi baratangza ko biteguye uru ruzinduko rwa Madamu Jeannette kagame azagirira muri aka karere. Byatumye bamwe batangira kwimenyereza mu mbyino no mu ndirimbo, guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 02/08/2013.

Ku ruhande rw’ababyeyi bavuga ko kubona umubyeyi nk’uyu afata urugendo rwo kubasura ngo bibagaragariza urukundo rwinshi. Bakemeza ko aba ari n’imigisha kuri aka karere kuko kamaze iminsi kakira abayobozi b’igihugu incuro zikurikiranya.

Guverineri wintara y'u Burengerazuba Kabahizi yashishikarije abaturage kuzakira Madamu Jeannette Kagame bakeye.
Guverineri wintara y’u Burengerazuba Kabahizi yashishikarije abaturage kuzakira Madamu Jeannette Kagame bakeye.

Ibyo ngoa bigaragarira murundi ruzinduko Perezida Paul Kagame aheruka gukorera muri aka karere.

Ku bw’umwihariko kiriziya Gaturika ya Mushaka ngo irahiriwe kuzakira uyu mubyeyi, nk’uko bamwe mu bayoboke bayo babitangaje. Bavuga ko bazifatanya na Madamu Kagame mu kwizihiza yubiri y’imyaka 50 iyi Paruwasi imaze ibayeho.

Biteguye kwakirana Jeannette Kagame imbyino z'imushayayo.
Biteguye kwakirana Jeannette Kagame imbyino z’imushayayo.

Ibi birori bizabera mu murenge wa Rwimbogo ho mu karere ka Rusizi, aho biteganyijwe ko misa izatangira saa mbiri n’iminota 45 naho igitambo cya misa kikazangira saa tatu n’iminota 15 za tariki 04/08/2013.

Bamwe mu bayobozi baje gutegura uru ruzinduko Madamu Jeannette Kagame azagirira muri aka karere, barimo Guverineri w’intara y’uburengerazuba Kabahizi Celeste, basabye abaturage kuzaza kwakira uyu muyobozi ari benshi kandi bakeye dore ko uzaba ari n’umunsi wo gusenga wo ku Cyumweru.

Umuyobozi w'intara y'uburengerazuba Kabahizi arasobanurirwa uko abaturage biteguye kwakira Jeannette Kagame.
Umuyobozi w’intara y’uburengerazuba Kabahizi arasobanurirwa uko abaturage biteguye kwakira Jeannette Kagame.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

paruwase mushaka sinone ish

alias yanditse ku itariki ya: 30-12-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka