Belgique: Kigali Today irabagezaho mu mashusho urugwiro Abanyarwanda bakiranye Perezida Kagame

Kuri uyu wa 8 kamena 2017 mu gihugu cy’u Bubiligi, Perezida Kagame yagejeje ijambo ku bayobozi batandukanye bari bitabiriye inama ku iterambere ry’Uburayi.

Rwanda Day y'uyu mwaka irabera i Buruseli mu Bubiligi
Rwanda Day y’uyu mwaka irabera i Buruseli mu Bubiligi

Muri uru ruzinduko Perezida Kagame yakiriwe n’ibihumbi by’Abanyarwanda batuye muri iki gihugu, bamwereka ubwuzu n’urugwiro ubwo yageraga muri iki gihugu.

Uru ruzinduko ruzasozwa n’igikorwa Ngarukamwaka cya Rwanda Day gihuza Perezida Kagame n’Abanyarwanda ndetse n’inshuti zabo baba mu mahanga, bakaganira ku ruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu.

Kigali Today ibabereye muri iki gihugu, izanabagezaho uburyo Rwanda Day izaba imeze mu mafoto ndetse no mu mashusho.

Dore mu mashusho Uburyo Abanyarwanda baba mu Bubiligi bakiranye ubwuzu n’urugwiro Perezida Kagame

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka