Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Kuri uyu wa 10 Kamena 2017, Imbuto Foundation yizihije imyaka 15 ishize irihirira amashuri abana bakomoka mu miryango itishoboye, kugira ngo abo bana batabuzwa uburenganzira bwo kwiga kandi bashoboye.

Bamwe mu banyeshuri barihiwe na Imbuto Foundation bitabiriye ibi birori
Bamwe mu banyeshuri barihiwe na Imbuto Foundation bitabiriye ibi birori

Ni umuhango witabiriwe na bamwe mu bayobozi bakuru b’igihugu, ndetse n’urubyiruko rusaga 2000 rwishyuriwe amashuri ndetse n’abacyiga.

Madame Jeannette Kagame, yasabye aba bana gukomeza kubera urumuri barumuna babo, bagifite ibibazo byo kubona uko biga.

Yashimiye abarangije kwiga bishyize hamwe mu ihuriro bise ’Edified Generation’, bakaba baratangiye kwishyurira amashuri abandi bana bafite ibibazo.

Yashimiye kandi abafatanyabikorwa banyuranye ba Imbuto Foundation, batumye iki gikorwa cy’urukundo kigerwaho.

Imbuto Foundation, yishyurira aba bana yitaho amashuri ikanababaha buruse muri za kaminuza zitandukanye .

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mberenambere mbanje kubashimira ubufasha mwaduhaye ubutukaba turi abotutacyekagako twababo.

MUKAMUHIRE Melanie yanditse ku itariki ya: 16-08-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka