Bafashe ingamba zo guhashya ingengabitekerezo aho bari muri Gereza

Imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyamagabe, bafashe ingamba zo guhashya ingengabitekerezo ya Jenoside, bashishikariza imiryango n’inshuti zibasura kuyirinda.

Nyuma y’ibiganiro byatangiwe muri Gereza ya Nyamagabe ku ngengabitekerezo ya Jenoside, Kuri uyu wa kabiri tariki 12 Mata 2016, abafungiye n’abagororerwa muri iyi gereza biyemeje gusaba ababasura kuyirwanya, kuko yatumye abarenga miriyoni bicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri ibi bihe byo kwibuka imfungwa n'abagororwa bongera kwigishwa amateka mabi yaranze igihugu n'uko yakwirindwa.
Muri ibi bihe byo kwibuka imfungwa n’abagororwa bongera kwigishwa amateka mabi yaranze igihugu n’uko yakwirindwa.

Mbanza Damascene umwe mu bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yavuze ko ubutumwa aha bagenzi be ari ukuganiriza imiryango yabo ibasura ku ngengabitekerezo ya Jenoside n’ingaruka zayo.

Yagize ati “Turi abantu dufite imiryango hanze, turanasurwa, dufite abana, abadamu, niba wasuwe, aho kugira ngo woshye umwana wawe ngo kwa naka bimeze bite, mubwire arebe icyaha gitumye abanywarwa benshi bafunze, nibiba ngombwa nataha agusabire imbabazi.”

Innocent Harerimana nawe yongeyeho ko nk’abari mu bihano muri gereza bakwiye gushishikariza abasura kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside baharanira ubumwe n’ubwiyunge.

Umuyobozi w'Akarere ka Nyamagabe yasabye imfungwa n'abagororwa ko abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi ko ari bo bagomba no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kurusha abandi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe yasabye imfungwa n’abagororwa ko abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi ko ari bo bagomba no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kurusha abandi.

Ati “Twarigishijwe twumvise ibiganiro, twagombye gutanga umusanzu wacu, tubuza imiryango yacu yaje kudusura, kutabana n’abandi neza mu mahoro, tubatoza urukundo, kubaka igihugu, kubana n’abandi no kwikorera kugirango ejo utazararikira ibyamugenzi wawe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe Philbert Mugisha, wari wagejeje ikiganiro ku bari mu bihano byabo muri iyi gereza, yatangaje ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi aribo bagomba gufata iyambere mu guhashya ingebitekerezo yayo.

Imfungwa n'abagororwa biyemeje guhashya ingengabitekerezo ya jenoside basaba imiryango ibasura kuyirinda.
Imfungwa n’abagororwa biyemeje guhashya ingengabitekerezo ya jenoside basaba imiryango ibasura kuyirinda.

Ati “Abagize uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi bagomba gukomeza kugira uruhare mu kuyamagana, kandi twabonye ko benshi bemeye icyaha bakanihana, twabonye ko ingengabitekerezo ya jenoside yatangiye muri 1959, ikaba ariyo yatumye U Rwanda rusenyuka.”

Kugeza ubu ubushakashatsi bwakozwe, bugaragaza ko ingengabitekerezo ya Jenoside yagabanutse, aho n’abagera kuri 83% bemeye icyaha bagasaba n’imbabazi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka