Ba Rushingwangerero basabwe kwimakaza imiyoborere mpinduramatwara

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assumpta, arasaba ba Rushingwangerero bo mu Ntara y’Iburasirazuba bari mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba, kwimakaza imiyoborere mpinduramatwara.

Minisitiri Ingabire yasabye ba Rushingwangerero kwimakaza imiyoborere mpinduramatwara
Minisitiri Ingabire yasabye ba Rushingwangerero kwimakaza imiyoborere mpinduramatwara

Minisitiri Ingabire, avuga ko Imiyoborere mpinduramatwara ari uburyo bw’imiyoborere, aho umuntu umwe cyangwa benshi bakorana n’abandi, ku buryo abayobozi n’abayoborwa bafatanya kuzamurana bakagera ku ntego biyemeje.

Avuga ko kugera ku mpinduramatwara byubakwa bigasaba kubaka, guhindura imyumvire no kubigira umuco.

Yagize ati “kubaka indangagaciro na kirazira, imigenzo myiza no kureba kure. Umuyobozi mpinduramatwara atuma n’abandi bagera kuri byinshi kurusha ibyari biteganyijwe.”

Avuga ko Umuyobozi mpinduramatwara ari uwo abaturage bibonamo, agatera abandi intege kandi bakamwigiraho.

Ba Rushingwangerero bo mu Ntara y'Iburasirazuba
Ba Rushingwangerero bo mu Ntara y’Iburasirazuba

Yongeyeho ko Umuyobozi mpinduramatwara ari uhora ahangayikiye abo ashinzwe, bikamutera kubageza aheza hashoboka, uhindura imyumvire y’abo ayobora akabageza ku myumvire yisumbuye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka