Aravuga ibigwi FPR yamukuye mu gihuru imushyira mu nzu y’amabati
Nyirahabizanye Agnès wo mu Kagali ka Cyanya, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, umugore w’imyaka 51 arashimira Umuryango wa FPR-Inkotanyi wamukuye mu bihuru aho yabanaga n’abana be batanu iramwubakira.

Mu buhamya yatangiye mu Murenge wa Cyuve tariki 14 Kanama 2018, mu gikorwa cyo kwamamaza umuryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Akarere ka Musanze, yagaragaje imbamutima ze z’ubuzima bubi yahozemo mbere ya 2009 yishimira uko abayeho.
Nyirahabizanye, avuga ko yamaze imyaka myinshi abana n’abana be batanu mu gihuru imvura igwa ikamunyagira,atagira umuntu umwitaho.
Agira ati “Agnes mureba si uku nahoze, nahoze ndi umucanshuro nkorera utujumba ngo ndebe ko abana babona icyo bashyira mu nda, nareba uko nzabaho n’abo bana batanu mfite bikanyobera, ndi hanze ndi mu kidodoki.
“Nari naratinze utubaho tubiri nkadusasaho ibyatsi nkajya nturyamaho abana nkabasasira hasi y’utwo tubaho, ubundi nkiyorosa umutaka kugira ngo imvura itanyagira”.

Agnes avuga yagaruye ubuzima aho FPR-Inkotanyi imenyeye ikibazo cye, ngo uwo muryango wa FPR-Inkotanyi ntiwatinze kumutabara agezwaho amabati 30 yubakirwa inzu ahabwa n’inka yo kumutunga n’abana be.
Avuga ko inka yayoroye ibyaye inyana arayigurisha akuramo amafaranga ibihumbi 200Frw yamufashije kwiteza imbere agera ubwo yihaza mu biribwa aho afasha n’indi miryango.
Ati “Ndabamenyesha ko abana bo mu mudugudu bose baraza iwanjye bakanywa amata ibiryo bakarya, ubu ndi umuhinzi-mworozi, ushaka aze iwanjye arye anywe amata, iwanjye nta kibuze kubera FPR-Inkotanyi”.
Mu gihe yabagaho ntawe umwitaho ngo amenye ibibazo bye, ariko FPR-Inkotanyi ikamugoboka, Nyirahabizanye avuga ko mu murenge atuyemo ari mu bafite inzu nziza,akagira n’umuriro mu nzu ye ndetse ngo ubu ari mu bavuga rikumvikana aho atuye, yageze n’aho abaturage bamugirira icyizere bamutorera kuba umuyobozi w’umudugudu.
Ati “Ndavuga rikumvikana ndetse byageze n’aho abaturage bangirira icyizere barantora, ubu ndi umuyobozi w’umudugudu wa Mugarama.

Ubwo nabagaho ntagira aho ndara, ubu ndi mu bantu bafite inzu nziza muri Cyuve, nshanira umudugudu wose, dutore FPR-Inkotanyi kuko uko muteraniye aha ntawe utarafashijwe n’uwo muryango”.
Nyirabyimana Jacqueline ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, yavuze ko hari ibikorwa byinshi by’iterambere ry’abaturage bimaze kubakwa muri ako karere bigizwemo uruhare n’umuryango wa FPR-Inkotanyi.
Ati “Hubatswe imihanda ya kaburimbo n’iy’ibitaka iratunganywa,hubakwa amashuri, amashanyarazi agezwa hose mu karere no mu mirenge y’icyaro,abaturage bakangurirwa guhuza ubutanga byongera umusaruro ,ubu harubakwa amahoteri kugeza ku rwego rw’inyenyeri eshanu n’ibindi”.
Gahunda yo kwamamaza umuryango wa FPR-Inkotanyi irakomeje mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Musanze, ikazasozwa tariki ya 1 Nzeri, aho amatora azatangira ku itariki 2 Nzeri muri Diaspora, mu Rwanda amatora akazaba tariki 3 Nzeri 2018.

Inkuru zijyanye na: Amatora y’abadepite 2018
- Amatora y’abadepite yabaye ntamakemwa - Indorerezi
- Abagore batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko bamenyekanye
- Imyanya 4 kuri Green Party na PS Imberakuri mu nteko ishinga amategeko
- FPR irayoboye mu majwi y’agateganyo na 75%
- Yabyaye 3 avuye gutora, umwe ngo azamwita ’Mukadepite’
- Nyagatare: Yafashwe yigize indorerezi y’amatora
- Inyota yo gutora ku rubyiruko rwiganjemo n’urwayitabiriye rutaruzuza imyaka
- Muhanga: Abatoye bongeye kwibutsa abadepite kurwanya ihuzagurika mu nzego
- Intero ‘aya si amatora ni ubukwe’ yongeye kugaragara (AMAFOTO)
- Muri Kigali abarwayi n’abarwaza begerejwe ibiro by’itora ngo badacikanwa
- Nyabimata: Ab’inkwakuzi bahise bisubirira mu mirimo nyuma yo gutora
- Abafite ubumuga bamaze kubona umudepite uzabahagararira
- N’utaraboneje urubyaro yavuze imyato FPR ngo itaramutereranye
- Abakandida PL bashimiye Abanyarwanda ubufatanye babagaragarije mu kwiyamamaza
- Perezida Kagame uri mu Bushinwa yamaze gutora abadepite
- Uwari warahawe akato kubera uruhu ubu ni ikitegererezo
- Gasabo: FPR yijeje abaturage kubyaza umusaruro ikiyaga cya Mutukura
- Bweyeye: Abaturage barasaba abaganga b’inzobere bahoraho
- Ruhango: Ntibakeneye umudepite wicara mu nteko gusa
- Rwaza: Abaturage ngo bizeye kubona amashanyarazi nyuma y’amatora
Ohereza igitekerezo
|