Amarangamutima yabarenze babonye ababo baherukanaga mu myaka 23 ishize

Impunzi z’Abanyarwanda 10 ziri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije kureba isura nyayo y’u Rwanda nyuma y’imyaka 23 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.

Assumpta (w'imisatsi myinshi) asuhuzanya na nyirakuru yaherukaga mu myaka 23 ishize. Muri 1994 Assoumpta yigaga mu mwaka wa kane w'amashuri abanza
Assumpta (w’imisatsi myinshi) asuhuzanya na nyirakuru yaherukaga mu myaka 23 ishize. Muri 1994 Assoumpta yigaga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza

Izo mpunzi zaturutse muri Mozambique, Congo Brazaville na Uganda ziri mu Rwanda muri gahunda ya "Ngwino urebe ugende ubivuge" (Come and See Go and Tell).

Muri iyo gahunda, impunzi z’Abanyarwanda zoroherezwa kugaruka mu Rwanda, zigasura imiryango zikomokamo, zigasura ibikorwa remezo bitandukanye, imijyi itandukanye yo mu gihugu n’ibindi.

Nyuma y’uruzinduko, zongera koroherezwa gusubira mu bihugu zaturutsemo bityo zikajya kuvuga ibyo zabonye mu Rwanda, impunzi ziriyo zikabona amakuru nyayo yatuma zifata umwanzuro wo gutahuka.

Mukeshimana Patricie waturutse muri Uganda asuhuza musaza we utuye mu Karere ka Ngoma. Uwo mugore ubahagaze iruhande ni muramukazi wa Patricie
Mukeshimana Patricie waturutse muri Uganda asuhuza musaza we utuye mu Karere ka Ngoma. Uwo mugore ubahagaze iruhande ni muramukazi wa Patricie

Ku wa kabiri tariki ya 02 Gicurasi 2017, izo mpunzi 10 ziri mu Rwanda zafashijwe kujya gusura imiryango yazo iri mu turere dutandukanye tw’igihugu.

Byari ibyishimo ubwo babonanaga n’imiryango yabo baherukaga nyuma y’imyaka 23 ishize.

Uwo mugabo yitwa Arinatwe John wavuye Uganda aha yarimo aramukanya na mushiki we utuye mu Karere ka Burera mu Murenge wa Cyeru. Yarebaga mu biganza koko niba ariwe.
Uwo mugabo yitwa Arinatwe John wavuye Uganda aha yarimo aramukanya na mushiki we utuye mu Karere ka Burera mu Murenge wa Cyeru. Yarebaga mu biganza koko niba ariwe.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Ubutaha tuzakara twambare neza impunzi zisangenatwe dukeye gusa baradutunguye basangaturi mu kazi tutiteguye ubutaha tuzaba turiku myaku. ariko batahe iwabo baze turwubake

Dumbuli yanditse ku itariki ya: 5-05-2017  →  Musubize

Muturangire inzira umuntu yashakishamo abe baburanye
murakoze

kubana yanditse ku itariki ya: 5-05-2017  →  Musubize

Ko mbona izo mpunzi zisa neza kurusha abatuye mu gihugu se?
Ubwo ntibakwigumirayo batinya ubukene buri mu Rwanda ngo batazagera aho bahinduka nk’abo benewabo barusigayemo?
Ntabwo ubuhunzi bwose butera ubuzima bubi. Abahunz’inzara iyo bageze iyo basuhukiye bakaharonkera ntacyababuza kuhatura. Ni amahitamo yabo gutaha kandi igihugu cyose kigira diaspora. N’abanyamerika banyanyagiye ku isi hose kandi si ugukunda kugenda ahubwo baba bashak’amaramuko.

Byishimo Benjamin yanditse ku itariki ya: 3-05-2017  →  Musubize

ibyo nibyiza bizatuma ababeshywaga bamenya ukuri

wiragiye yanditse ku itariki ya: 3-05-2017  →  Musubize

rwose,ndashima iyi gahunda ya ngwino urebe,izatuma abanyarwanda barihanze babona amakuru y’ igihugu cyabo maze baze batikandagira. rwose u Rwanda ibikorwa birivugiraaa!

NDikumana jean de Dieu yanditse ku itariki ya: 3-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka