Amajyepfo: Guverineri CG Gasana yashyizeho ibintu bitandatu byo kwitwararika

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo CG Gasana Emmanuel yavuze ko kugira ngo iyo ntara ishobore gutera imbere, hari ibyo abayikoramo bakwiye kugenderaho kandi bakabyubahiriza.

Guverineri w'Intara y'Amajyepfo, CG Gasana yavuze ko iyo ntara ikeneye umuvuduko udasanzwe no gukora ibidasanzwe
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, CG Gasana yavuze ko iyo ntara ikeneye umuvuduko udasanzwe no gukora ibidasanzwe

Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 25 Ukwakira 2018, ubwo yagezaga ijambo ku bayobozi muri iyo ntara barimo ab’uturere n’abandi batandukanye.

Yagize ati “Reka mfate umwanya nibutsa amahitamo igihugu cyacu cyihaye nk’uko Perezida wa Repubulika yabivuze agira ati ‘Abanyarwanda twahisemo kuba umwe, twahisemo kandi kubazwa ibyo dukora, kandi twahisemo gutekereza byagutse tureba kure.’”

Kubera ayo mahitamo, Intara y’Amajyepfo ngo ikeneye umuvuduko udasanzwe no gukora ibidasanzwe kugira ngo iterambere ryifuzwa ryo kuzamura imibereho myiza y’abaturage ryihute.

Abakozi b'Intara y'Amajyepfo bamwakirije inkoni n'umupira uriho nomero Gatanu, nk'Umuguverineri wa gatanu ugiye kuyobora iyo ntara
Abakozi b’Intara y’Amajyepfo bamwakirije inkoni n’umupira uriho nomero Gatanu, nk’Umuguverineri wa gatanu ugiye kuyobora iyo ntara

Kugira ngo ibyo bizagerweho rero, hari ibyo yasanze abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo bakwiye kwirinda.

Ati “Icya mbere mugomba kwirinda ubunebwe. Icya kabiri ni ukwirinda uburangare. Icya gatatu kwirinda kutavugisha ukuri. Icya kane ni ukwirinda kwirara. Icya gatanu ni ukwirinda kutumvikana mu kazi. Icya gatandatu ni ukwirinda kudakemura ibibazo by’abaturage mu gihe cya ngombwa.”

Ibi byose ngo aho byaba biri bikwiye gukosorwa, kandi na none abayobozi bakirinda ruswa, bakaboneka mu kazi bagakora umurimo unoze kandi vuba.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

CG GASANA arashoboye. Gusa abaturage b’Amajyepfo nkuko yabibibukije nabo bamufashe, birinde ubunebwe nko muri za Butare haba abanebwe cyane bagashimishwa no gusaba ku mihanda, ...
Bakore nawe bizamutera imbaraga abona ko afite abo bafatanyije.
Ubundi we ni Umukozi w’umuhanga n ’ubushishozi bwinshi.
Imana imujye imbere- muzabona impinduka mu majyepfo.

Inararibonye yanditse ku itariki ya: 29-10-2018  →  Musubize

CG azabikora kd arashoboye

Jean Paul yanditse ku itariki ya: 27-10-2018  →  Musubize

Welcome CG GASANA, yes we need the change! Nk’uko nyakubahwa ahora abidushishikariza. Ikaze n’ihirwe mu mirimo mishya kandi tukwizeyeho ubushobozi.

Butera nick yanditse ku itariki ya: 27-10-2018  →  Musubize

mberenambere banza wirukane nkabayobozi buturere nkababiri abandi barahita bagira ubwoba bakore bavanye amaboko mumifuka

jambo yanditse ku itariki ya: 26-10-2018  →  Musubize

Haha abifitiye ububasha se?

eva yanditse ku itariki ya: 26-10-2018  →  Musubize

yageze nyamagabe c akinjira mumizi neza ibibazo ifite nigute umurenge uba hagati y’ imirenge Ntazi umubare igira Umuriro wamashanyarazi ark WO ntubone amashanyarazi uwo murenge in musange

mulinzi yanditse ku itariki ya: 8-11-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka