Amagambo abiba urwango ari mu bibangamira abari mu bikorwa byo kugarura amahoro

Mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi ibiri yiga ku bikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi, by’umwihariko mu bice bikirangwamo amakimbirane n’intambara, aho amagambo cyangwa ubutumwa bubiba urwango bubangamira ibyo bikorwa.

Bamwe mu bayobozi bakuru bitabiriye iyo nama
Bamwe mu bayobozi bakuru bitabiriye iyo nama

Muri iyi nama yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 23 Ukwakira 2023, barimo kurebera hamwe icyakorwa kugira ngo barusheho kwirinda ibikorwa by’ihohorwa, bikunze gukorerwa ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ndetse no gutakarizwa icyizere, aho baba bari mu butumwa bw’amahoro, harebwa icyakorwa kugira ngo Isi irusheho kugira amahoro.

Ni inama ihuje intumwa zaturutse mu bihugu bitandukanye byo hirya no hino ku Isi, ikaba itegura indi izaba muri uyu mwaka izahuza Abaminisitiri b’Ingabo n’ab’Ububanyi n’amahanga izabera muri Ghana, abayitabiriye bakaba barimo kuganira ku mbogamizi zikigaragara hamwe n’ingamba zafasha mu bikorwa by’abari mu butumwa bw’amahoro, kugira ngo barusheho kurengera abasivili, cyane cyane ku ihererekanya ry’amakuru mu buryo bwihariye.

Atangiza iyi nama, Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yagarutse kuri bimwe mu bihugu abari mu butumwa bwo kugarura amahoro bakoreramo, bakibangamiwe n’isakazwa ry’ubutumwa bubiba urwango hifashishijwe imbuga nkoranyambaga, ku buryo ari kimwe mu bikoma mu nkokora ibikorwa byo kurinda umutekano w’abasivili.

Minisitiri w'Ingabo w'u Rwanda, Juvenal Marizamunda ageza ijambo ku bitabiriye inama
Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda ageza ijambo ku bitabiriye inama

Yagize ati “Imvugo y’urwango ishimangira ivangura, igahungabanya ubumwe bw’abaturage kandi ikagira uruhare mu guheza no gupfobya imiryango ishingiye ku madini, amoko, cyangwa se ku gitsina. Ibiba urwango mu bantu ku buryo nta biganiro byubaka bashobora kuganira.”

Minisitiri Marizamunda avuga ko inshingano zo kurinda umutekano w’abasivili mbere na mbere ari iza Leta z’ibihugu, bityo ko bitagakwiye ko babyikuraho bitwaje ko hari abaje mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

Abitabiriye iyi nama barimo kurebera hamwe ingamba nshya zarushaho kunoza ibikorwa by’abasirikare, abapolisi ndetse n’abasivili bari mu butumwa bwo kubungabunga no kugarura amahoro hirya no hino ku Isi.

Lt Col Deo Mutabazi, umujyanama muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, avuga ko kimwe mu bintu bikomereye bibangamira abasirikare n’abapolisi bari mu bikorwa byo kugarura amahoro, ari ugukwirakiza ibihuha ndetse n’ubutumwa bubiba urwango, bushobora gutuma igice kimwe cy’abantu cyibasirwa.

Ni inama yitabiriwe n'abaturutse hirya no hino ku Isi
Ni inama yitabiriwe n’abaturutse hirya no hino ku Isi

Ati “Ibi rero iyo bigeze mu baturage bituma bamwe bibasirwa, bikaba bibi cyane iyo Igihugu kirimo Umuryango w’Abibumbye kibigizemo uruhare. Icyo gihe bifata indi ntera, nicyo gituma abantu bateraniye hano barimo kwiga uko icyo kintu cyarwanywa, uko twashyiraho yaba ikoranabuhanga, yaba imbaraga z’abasirikare, yaba ubunararibonye bwabo, kugira ngo bakore ibishoboka bagere no ku baturage babamenyeshe ibikorwa byabo.”

Olivier Ulich ushinzwe ibikorwa byo kugarura amahoro mu Muryango w’Abibumbye, avuga ko abenshi bakunda gukwirakwiza amakuru y’ibihuha kurusha aya nyayo, gusa ngo ni ngombwa kwigira ku mateka.

Ati “Dufite ingero nyinshi z’ibyagiye biba, by’umwihariko muri iki gihugu, ariko birakwiye ko duhora twigira ku byabaye tukagira umwanya n’ahantu heza ho gukoreshereza amasomo twigira muri ayo mateka.”

 Umugaba mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga

Iyi nama irimo kuba mu gihe ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye ku kubungabunga amahoro, bukomeje gutakarizwa icyizere no kwibasirwa n’ibikorwa by’imitwe y’abarwanyi birushaho guhungabanya umutekano w’abasivili hirya no hino ku Isi.

CG Felix Namuhoranye, Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda
CG Felix Namuhoranye, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda

Kureba andi mafoto: Kanda Hano

Amafoto: Niyonzima Moise

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka