Amafoto: Itangira ry’amashuri ryateje umubyigano ukabije muri gare ya Nyabugogo

Mu gihe cy’itangira ry’amashuri, muri Gare ya Nyabugogo haba hari urujya n’uruza rw’abanyeshuri bashaka imodoka zibajyana aho biga mu ntara zitandukanye.

Muri Gare ya Nyabugogo hari hari abantu ibihumbi n'ibihumbi biganjemo abanyeshuri bashaka imodoka zibajyana aho biga mu ntara
Muri Gare ya Nyabugogo hari hari abantu ibihumbi n’ibihumbi biganjemo abanyeshuri bashaka imodoka zibajyana aho biga mu ntara

Kuri iki cyumweru tariki ya 22 Mutarama 2017, ubwo umunyamakuru wa Kigali Today yageraga muri iyo Gare nabwo yahasanze abanyeshuri babarirwa mu bihumbi bategereje imodoka zibajyana aho biga kuko umwaka w’amashuri 2017 utangira kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Mutarama 2017.

Byari biteganyijwe ko ku itariki ya 22 Mutarama hagenda abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri byo mu ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburasirazuba.

Bamwe bari bicaye abandi bahagaze bahetse ibikapu mu mugongo, bafashe za matora mu ntoki, indobo n’ibindi bikoresho bitandukanye, bategereje kubona imodoka.

Abanyeshuri n'ababaherekeje babyiganaga bashaka imodoka muri Gare ya Nyabugogo
Abanyeshuri n’ababaherekeje babyiganaga bashaka imodoka muri Gare ya Nyabugogo

Abazindutse nibo babasha kubona imodoka za hafi zibatwara naho abatinze bo barategereza, bakamara igihe kirenga isaha, babona imodoka ije bakabyigana, batanguranwa imyanya.

Amakompanyi atwara abagenzi arakora uko ashoboye kugira ngo atware abanyeshuri bityo bagere ku bigo byabo hakiri kare, bitegure gutangira amasomo.

Mu gihe abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biri mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburasirazuba bagiye kuri iki cyumweru, abo mu zindi ntara n’Umujyi wa Kigali batangiye kujya ku bigo byabo ku wa gatanu tariki ya 20 Mutarama 2017.

Muri Gare ya Nyabugogo abanyeshuri babarirwa mu bihumbi bari bafite ibikapu, imifariso n'ibindi bikoresho bashaka imodoka zibajyana aho biga mu ntara
Muri Gare ya Nyabugogo abanyeshuri babarirwa mu bihumbi bari bafite ibikapu, imifariso n’ibindi bikoresho bashaka imodoka zibajyana aho biga mu ntara

Nubwo Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC) yashyizeho iyo gahunda yuko bazajya bajya ku ishuri ku minsi itandukanye aho kugendera rimwe, bigaragara ko imodoka zibatwara zikiri nke kuko bamara igihe kirekire batarabona izibatwara.

Andi mafoto

Mu mihanda ya Nyabugogo hari hari abantu benshi biganjemo abanyeshuri
Mu mihanda ya Nyabugogo hari hari abantu benshi biganjemo abanyeshuri
Bamwe mu maso yabo hari hijimye bibaza igihe bari bubonere imodoka zibajya ku ishuri
Bamwe mu maso yabo hari hijimye bibaza igihe bari bubonere imodoka zibajya ku ishuri
Ku miryango y'amakompanyi atwara abagenzi mu modoka hari huzuye abanyeshuri bashaka amatike
Ku miryango y’amakompanyi atwara abagenzi mu modoka hari huzuye abanyeshuri bashaka amatike
Bamwe mu banyeshuri bari baherekejwe n'ababyeyi babo baje kubashakira imodoka zibajyana ku ishuri
Bamwe mu banyeshuri bari baherekejwe n’ababyeyi babo baje kubashakira imodoka zibajyana ku ishuri
Abashakaga amatike y'imodoka zibajyana ku ishuri basabwaga gutonda imirongo
Abashakaga amatike y’imodoka zibajyana ku ishuri basabwaga gutonda imirongo
Bamwe bari bumiwe bibaza igihe bari bubonere imodoka
Bamwe bari bumiwe bibaza igihe bari bubonere imodoka
Hari abajyanye ibikoreho byinshi ku ishuri byasabaga ko bashaka abakaraningufu babatwaza ngo babibagereze ku modoka
Hari abajyanye ibikoreho byinshi ku ishuri byasabaga ko bashaka abakaraningufu babatwaza ngo babibagereze ku modoka
Ababaga babonye amatike babonaga imodoka ibatwara ije bakiruka bajya gutanguranwa imyanya babyigana
Ababaga babonye amatike babonaga imodoka ibatwara ije bakiruka bajya gutanguranwa imyanya babyigana

Amafoto: Muzogeye Plaisir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

abanyeshuri bajye bacungirwa umutekano mu gihe bari ahantu nka hariya Nyabugogo kuko babiba ibikoresho byabo tutaretse n’ amafaranga yo kwishyura ishuri.

From college of Education yanditse ku itariki ya: 23-01-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka