Akarere ka Rulindo kakuye abakozi bako ku biryo
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo, bwasabye abakozi bako gucika ku muco wo kuzana ibiryo mu biro, ngo kuko biteza umwanda kandi bikanangiza amadosiye.
Ni nyuma y’uko ubuyobozi bw’aka karere bukoze igenzura ku micungire y’abakozi, bugasanga bamwe mu bakozi bakunze kuzana Imigati, capati, amandazi n’ibindi biribwa bakabirira mu kazi.
Byasohotse mu itangazo ryashyizweho umukono n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Karere, Muhanguzi Godfrey, ryasohotse kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2018.
Iri tangazo ryagenewe n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose y’aka karere, ryabamenyesheje ko uzarenga kuri ayo mabwiriza yo kureka kurira mu biro, bizafatwa nk’ikosa mu kazi.
Riranasaba kandi abayobora amashami mu karere ndetse n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge kujya bagenzura ko ntawe urenga kuri ayo mabwiriza
Ibitekerezo ( 5 )
Ohereza igitekerezo
|
Icyocyemezo nisawa gikwiye kubacyakurikizwa even in Central Government,Local Government & in various institutions kuko kurira muri office sibyiza ariko Atari ukubabuza kuzana ibyokurya ahubwo hashyirweho ahokubirira hemewe kugira ngo bitazakwica akazi.
Icyocyemezo nisawa gikwiye kubacyakurikizwa even in Central Government,Local Government & in various institutions kuko kurira muri office sibyiza ariko Atari ukubabuza kuzana ibyokurya ahubwo hashyirweho ahokubirira hemewe kugira ngo bitazakwica akazi.
none aruguta umwanya ajya kubishaka hanze yakazi nokuza akitwaje icyatanga umusaruro nikihe usibyeko Wenda ubutumwa bwumvikanye nabi nahubundi ntacyo bitwaye.
Mukomere,
Uyu muyobozi ndabona yarengereye. ntaho wabuza umukozi kwitwaza impamba ( collation), ahubwo wamufasha kubona aho ayirira hasukuye Kandi hatabangamiye akazi. Cyangwa se azashimishwa n uko bazajya Bata akazi bagiye gushaka icyo barya!
That is not fair, ahubwo yagombye kuba abibagurira.