Abongerewe iminsi ya Guma mu Rugo bagiye kongera guhabwa ibiribwa

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, aratangaza ko abatuye mu turere turi muri Guma mu Rugo ndetse n’Umujyi wa Kigali, bagiye kongera guhabwa ibiribwa kuko igihe cyo kuguma mu ngo cyongereweho iminsi itanu.

Abahawe ubufasha bw'ibiribwa bagiye kongerwa ibindi
Abahawe ubufasha bw’ibiribwa bagiye kongerwa ibindi

Yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri Radiyo Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 26 Nyakanga 2021, ubwo yavugaga ku bijyanye n’iminsi itanu yongerewe ya Guma mu Rugo ku duce tuyisanzwemo, ikazatangira ejo ku ya 27 Nyakanga 2021.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko bataba barahaye ibiribwa abantu muri Guma mu Rugo y’iminsi icumi hanyuma yiyongereye barekere aho.

Yagize ati “Ntabwo waba warafashije umuntu mu minsi icumi ishize ngo nibongeraho iminsi itanu umurekure, kuko ni urugendo n’ubundi. Ubu rero turiteguye, ubu mu Mujyi wa Kigali ibiryo byamaze gushyirwa mu modoka zigiye kubikwirakwiza mu mirenge, ku buryo guhera ejo bizatangira gutangwa”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka