Abayobozi bashya mu Burengerazuba: Mulindwa Prosper wayoboraga Rutsiro yatorewe kuyobora Rubavu
Mulindwa Prosper wayoboraga Akarere ka Rutsiro mu buryo bw’agateganyo, ni we watorewe kuyobora Akarere ka Rubavu. Mulindwa ubwo yiyamamarizaga kujya mu Nama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, yatangaje ko amaze imyaka 17 mu nzego z’ibanze, kandi ko Akarere ka Rubavu akazi neza kuko ari ko yatangiriye gukoreramo.
![Mulindwa Prosper arahirira kuyobora Rubavu Mulindwa Prosper arahirira kuyobora Rubavu](IMG/jpg/mulindwa.jpg)
Mulindwa ufite impamyabumenyi ya Ao mu Bukungu, avuga ko azibanda ku guteza imbere umujyi wa Gisenyi, by’umwihariko ubukerarugendo, kuzamura ubushobozi bw’imiryango ikennye no gufasha urubyiruko guhanga imirimo, ariko akaba yavuze ko yiyizeye mu gukurikirana ibikorwa.
Mu Karere ka Karongi, Mukase Valentine wari usanzwe ari Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage ni we watorewe kuyobora Akarere ka Karongi, naho umwanya yari asanzwe ariho awusimburwaho na Umuhoza Pascasie.
![Mukase Valentine wari usanzwe ari Visi Meya ushinzwe imibereho y'abaturage atorewe kuyobora Akarere ka Karongi Mukase Valentine wari usanzwe ari Visi Meya ushinzwe imibereho y'abaturage atorewe kuyobora Akarere ka Karongi](IMG/jpg/mayor_karongi.jpg)
![Mukase yarahiriye kuzuza neza inshingano nshya Mukase yarahiriye kuzuza neza inshingano nshya](IMG/jpg/karongi-20.jpg)
Mu Ntara y’Iburengerazuba hatowe Abajyanama binjira mu Nama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro. Amatora yakomeje aho Inama Njyanama yitoyemo Umuyobozi w’Akarere n’abamwungirije.
![Kayitesi Dative yatorewe kuyobora Akarere ka Rutsiro Kayitesi Dative yatorewe kuyobora Akarere ka Rutsiro](IMG/jpg/kayitesi-21.jpg)
Mu Karere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse yatorewe kwinjira mu Nama Njyanama y’Akarere, anatorwa nk’Umuyobozi mushya w’Akarere ka Nyamasheke.
![Mupenzi Narcisse ni we muyobozi mushya w'Akarere ka Nyamasheke. Yari asanzwe akora muri Minisiteri y'Ubutabera Mupenzi Narcisse ni we muyobozi mushya w'Akarere ka Nyamasheke. Yari asanzwe akora muri Minisiteri y'Ubutabera](IMG/jpg/nyamasheke-19.jpg)
Intara y’Iburengerazuba isanzwe ifite uturere turindwi ariko uturere tune ntitwari dufite abayobozi kubera ko bakuweho mu mezi ashize.
![Umuhoza Pascasie ni we wabaye Visi Meya ushinzwe imibereho y'abaturage muri Karongi Umuhoza Pascasie ni we wabaye Visi Meya ushinzwe imibereho y'abaturage muri Karongi](IMG/jpg/pascasie.jpg)
![Mu kubarura amajwi, Mulindwa Prosper yari imbere Mu kubarura amajwi, Mulindwa Prosper yari imbere](IMG/jpg/rubavu_1-31.jpg)
![](IMG/jpg/rubavu_2-28.jpg)
![Nzabonimpa Deogratias wayoboraga Akarere ka Rubavu yahawe ishimwe Nzabonimpa Deogratias wayoboraga Akarere ka Rubavu yahawe ishimwe](IMG/jpg/rubavu_4_-3.jpg)
![Mulindwa impano hamwe n'icumu n'ingabo byo kurinda Akarere Mulindwa impano hamwe n'icumu n'ingabo byo kurinda Akarere](IMG/jpg/rubavu_3_-5.jpg)
![](IMG/jpg/rubavu_1_-4.jpg)
Inkuru zijyanye na: Amatora mu Turere
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|