Abayobozi bashya mu Burengerazuba: Mulindwa Prosper wayoboraga Rutsiro yatorewe kuyobora Rubavu

Mulindwa Prosper wayoboraga Akarere ka Rutsiro mu buryo bw’agateganyo, ni we watorewe kuyobora Akarere ka Rubavu. Mulindwa ubwo yiyamamarizaga kujya mu Nama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, yatangaje ko amaze imyaka 17 mu nzego z’ibanze, kandi ko Akarere ka Rubavu akazi neza kuko ari ko yatangiriye gukoreramo.

Mulindwa Prosper arahirira kuyobora Rubavu
Mulindwa Prosper arahirira kuyobora Rubavu

Mulindwa ufite impamyabumenyi ya Ao mu Bukungu, avuga ko azibanda ku guteza imbere umujyi wa Gisenyi, by’umwihariko ubukerarugendo, kuzamura ubushobozi bw’imiryango ikennye no gufasha urubyiruko guhanga imirimo, ariko akaba yavuze ko yiyizeye mu gukurikirana ibikorwa.

Mu Karere ka Karongi, Mukase Valentine wari usanzwe ari Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage ni we watorewe kuyobora Akarere ka Karongi, naho umwanya yari asanzwe ariho awusimburwaho na Umuhoza Pascasie.

Mukase Valentine wari usanzwe ari Visi Meya ushinzwe imibereho y'abaturage atorewe kuyobora Akarere ka Karongi
Mukase Valentine wari usanzwe ari Visi Meya ushinzwe imibereho y’abaturage atorewe kuyobora Akarere ka Karongi
Mukase yarahiriye kuzuza neza inshingano nshya
Mukase yarahiriye kuzuza neza inshingano nshya

Mu Ntara y’Iburengerazuba hatowe Abajyanama binjira mu Nama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro. Amatora yakomeje aho Inama Njyanama yitoyemo Umuyobozi w’Akarere n’abamwungirije.

Kayitesi Dative yatorewe kuyobora Akarere ka Rutsiro
Kayitesi Dative yatorewe kuyobora Akarere ka Rutsiro

Mu Karere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse yatorewe kwinjira mu Nama Njyanama y’Akarere, anatorwa nk’Umuyobozi mushya w’Akarere ka Nyamasheke.

Mupenzi Narcisse ni we muyobozi mushya w'Akarere ka Nyamasheke. Yari asanzwe akora muri Minisiteri y'Ubutabera
Mupenzi Narcisse ni we muyobozi mushya w’Akarere ka Nyamasheke. Yari asanzwe akora muri Minisiteri y’Ubutabera

Intara y’Iburengerazuba isanzwe ifite uturere turindwi ariko uturere tune ntitwari dufite abayobozi kubera ko bakuweho mu mezi ashize.

Umuhoza Pascasie ni we wabaye Visi Meya ushinzwe imibereho y'abaturage muri Karongi
Umuhoza Pascasie ni we wabaye Visi Meya ushinzwe imibereho y’abaturage muri Karongi
Mu kubarura amajwi, Mulindwa Prosper yari imbere
Mu kubarura amajwi, Mulindwa Prosper yari imbere
Nzabonimpa Deogratias wayoboraga Akarere ka Rubavu yahawe ishimwe
Nzabonimpa Deogratias wayoboraga Akarere ka Rubavu yahawe ishimwe
Mulindwa impano hamwe n'icumu n'ingabo byo kurinda Akarere
Mulindwa impano hamwe n’icumu n’ingabo byo kurinda Akarere
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka