Abayobozi b’imirenge 8 ku 10 igize akarere ka Nyanza barakora ihererekanyabubasha

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge 8 ku 10 igize akarere ka Nyanza mu Ntara y’amajyepfo barakora ihererekanyabubasha mu muhango uteganyijwe kuba kuri uyu wa kabiri tariki 31/07/2012 ku biro by’imwe mu mirenge itandukanye yo muri ako karere.

Guhinduranya bamwe mu banyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge ni uburyo bwo kubafasha gukomeza gutanga umusaruro ufatika cyane cyane mu birebana na gahunda yo kwesa imihigo; nk’uko bisobanurwa na Murenzi Abdallah, umuyobozi w’akarere ka Nyanza.

Imihigo abayobozi b’imirenge biyeje gushyira mu bikorwa ikubiye muri gahunda enye za Guverinema y’u Rwanda: ubukungu, ubutabera, imiyoborere myiza n’imibereho myiza y’abaturage.

Muganamfura Sylvestre, uyobora umurenge wa Busasamana wabimburiye abandi mu kwesa imihigo y'umwaka wa 2011-2013 ku rwego rw'akarere ka Nyanza.
Muganamfura Sylvestre, uyobora umurenge wa Busasamana wabimburiye abandi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011-2013 ku rwego rw’akarere ka Nyanza.

Icyemezo cyo guhindurira imirenge abanyamabanga nshingwabikorwa cyafashwe n’Inama Njyanama y’akarere ka Nyanza tariki 20/07/2012 ubwo bari bamaze kumurikirwa imihigo n’ingengo y’imari by’umwaka wa 2012/2013.

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge ya Kigoma na Busasamana mu karere ka Nyanza bo ntibarebwa n’iryo hererekanyabubasha kuko batanze icyizere ko bashobora gukomeza kwesa imihigo bakorera mu mirenge bari basanzwe bayobora.

Muganamfura Sylvestre uyobora umurenge wa Busasamana na Kajyambere Patrick uyobora umurenge wa Kigoma babaye indashyikirwa mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011/2012 ku rwego rw’akarere ka Nyanza.

Kajyambere Patrick arakomeza kuyobora umurenge wa Kigoma nk'uko byari bisanzwe.
Kajyambere Patrick arakomeza kuyobora umurenge wa Kigoma nk’uko byari bisanzwe.

Akarere ka Nyanza kagizwe n’imirenge 10 ariyo Busasamana, Kigoma, Busoro, Mukingo, Cyabakamyi, Nyagisozi, Muyira, Kibilizi, Ntyazo na Rwabicuma.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

PIHAYI NIMUMUHE IMISUZI MYINSHI YUMVA IMIHUMURO YIMISUZI IMUMEREYE NEZA CYANE UYISHAKA NI PIHAYI..85%.._

PIHAYI W’ IMISUZI yanditse ku itariki ya: 23-03-2023  →  Musubize

Iyo ugiye kwaka icyangombwa cy’ ubutaka bakakubwira ko cyasohotse, byaba bibaho ko icyangombwa gisohoka ntibakwereke uwagitwaye aho yasibye

2. Ese iyo bagusabye kujya kukirangisha kuri radio abaturage Bose Bazi uka Batanga amatangazo kuri radio?
3. Mwadusobanurira uburyo bikorwa kuko icyangombwa cyatanzwe agronome yadusobanuriye ko cyasohotse kuri UPI:2/01/06/06/2081
Nyamara nyiracyo siwe wgifashe. Ni umukecuru akeneye ubufasha

Antoinette yanditse ku itariki ya: 31-08-2022  →  Musubize

congullaturation kuri patrick ni byiza cyane

umubyeyi yanditse ku itariki ya: 29-02-2016  →  Musubize

Kajyambere arabikwiriye kuko akorana ubushake n’umurava.

TWISENGERIMANA Longin yanditse ku itariki ya: 7-08-2012  →  Musubize

congratulations to Muganafamfura S. ( aka MAKARENKO), twarabanye iRuhande, asanzwe arangwa n’ubushake n’umuhate, no kuba intangarugero.
Bravo mon grand!!!!

kigembe yanditse ku itariki ya: 1-08-2012  →  Musubize

Patrick congs

shem yanditse ku itariki ya: 31-07-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka