Abatuye mu bice by’icyaro bashyizwe igorora

Abaturage batuye mu bice by’icyaro bagorwaga no gukora ingendo bagiye kongera koroherezwa, nyuma y’uko haje sosiyete nshya ije gusimbura ONATRACOM yari yarazimiye.

Izi Bisi zizakorera mu byaro bitandukanye byo mu Rwanda
Izi Bisi zizakorera mu byaro bitandukanye byo mu Rwanda

Iyi sosiyete nshya yatangiye ku mugaragaro kuri uyu wa mbere tariki 06 Gashyantare 2017, iteganya gushora agera kuri Miliyari 11RWf, ziguze bisi 160, zizoroshya ingendo imbere mu gihugu.

Izo Bisi 160 zizagera mu Rwanda mu gihe cy’imyaka ibiri.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo, Alexis Nzahabwanimana, yavuze ko u Rwanda rwari rumaze imyaka myinshi mu bibazo rwatewe na ONATRACOM, ari nayo mpamvu bahisemo kuyisesa.

Minisitiri Nzahabwanimana afungura ku mugaragaro sosiyete Ritco.
Minisitiri Nzahabwanimana afungura ku mugaragaro sosiyete Ritco.

Yagize ati "Ni yo mpamvu twavuga ngo yavuyeho haza ikindi kigo. Ntabwo imodoka yubatswe muri 1960 iba ikigezweho nk’iyubatswe muri 2007. Ntabwo ijambo ONATRACOM tugomba kurisubiramo kenshi ritazagira uwo ryanduza."

RITCO itangiranye bisi nshya 50 ziyongera ku zindi 52 zari zarasizwe na ONATRACOM, zikaba ari zo zizahita zitangira gukoreshwa mu gihe hataragurwa izindi.

Gusa ariko mu Rwanda hamaze kugera bisi 20, izindi 30 ziri mu nzira.

Imbere muri bisi uko hameze.
Imbere muri bisi uko hameze.

Nzahabwanimana kandi avuga ko amafaranga iyi sosiyete izajya yinjiza ari yo azajya agurwamo izindi.

RITCO irateganya gukoresha abakozi barenga 200. Kirizeza kuzagera mu cyaro ahantu hatandukanye kugira ngo gihuze abaturage n’imijyi itandatu yunganira Kigali.

Bisi imwe y’iyo sosiyete ifite imyanya 53 harimo, uwa shoferi na komvuwayeri. Ifite kandi ahagenewe gushyirwa imitwaro y’abagenzi.

Aho babika imizigo muri bisi nshya.
Aho babika imizigo muri bisi nshya.

Andi mafoto ya za RITCO

Ritco yasimbuye Onatracom
Ritco yasimbuye Onatracom
Imbere muri Bisi za Ritco
Imbere muri Bisi za Ritco

Amafoto: Muzogeye Plaisir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

nishimiye izimodoko nomukinigizizazaye

twagirayezu innocente yanditse ku itariki ya: 8-02-2017  →  Musubize

Natwebatugereho.

Etienne yanditse ku itariki ya: 8-02-2017  →  Musubize

Ni Etienne Muruhango Natwe Izatugereho Kuko Irakenewe Mumuhanda Ruhango_ Kinazi.Murakoze.

Etienne yanditse ku itariki ya: 8-02-2017  →  Musubize

i rubavu muhibukeMurizo 20 zambere kuko 3000fr nimenshi yenda yajya ngo kuri 2000fr cg 2500fr.Mukomeze gutekereza ibitugeza muri 2020.

Hitayezu daniel yanditse ku itariki ya: 8-02-2017  →  Musubize

kbs nibaze ark batazakora nk’ibyo onatracom
yakoraga kuko ababihombeyemo ni benshi .......nko gupakira abantu nkaho ari imizogo ntiibizongere rwose

none c ubwo ubundi ibiciro onatracom yakoreshaga nabao nibyo bazakoresha?

kuko ibice byo mucyaro abantu ntituba twifashije bifatika bazashyiremo na wi fi

Oscar yanditse ku itariki ya: 8-02-2017  →  Musubize

Ritco mukugena aho zizakorera ntizibagirwe umuhanda Kigali-Birambo na Kibuye-Nyanza kuko abantu batuye mubice byiyo mihanda ingendo zirabagora cyane

KWIZERA Lambert yanditse ku itariki ya: 8-02-2017  →  Musubize

None c ko mutatubwiye aho izo bus zizatangirira gukorera gusa nibyiza cyane peee

emmy yanditse ku itariki ya: 7-02-2017  →  Musubize

wawuuuu byiza cyane kbs nibakomerezaho nibyiza

emmy yanditse ku itariki ya: 7-02-2017  →  Musubize

None c ko mutatubwiye aho izo bus zizatangirira gukorera gusa nibyiza cyane peee

emmy yanditse ku itariki ya: 7-02-2017  →  Musubize

Mwakoze Cyane Nazo Ibiciro NiNkizindi?Zizakorera Buhandagitwe?

Chema yanditse ku itariki ya: 6-02-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka