Abashaka gukorera ‘Permis Provisoire’ bazajya biyandikisha mu mpera z’icyumweru

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Ibizamini no Gutanga Impushya zo gutwara ibinyabiziga, ryatangaje ko kwiyandikisha gukorera uruhushya rw’agateganyo (permis provisoire) bizajya bikorwa mu mpera z’icyumweru guhera kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru.

Itangazo ryashyizweho umukono na Komiseri w’Agateganyo ukuriye iryo shami, SSP Emmanuel Hitayezu risobanura ibigomba kwitabwaho kugira ngo umuntu yemererwe gukora icyo kizamini.

Rigira riti "Ishami rya Polisi rishinzwe Ibizamini no Gutanga Impushya zo gutwara ibinyabiziga riramenyesha abantu bifuza gukorera uruhushya rw’agateganyo kuri mudasobwa, ko kwiyandikisha bizajya biba mu mpera z’icyumweru (weekend)."

Polisi ivuga ko abiyandikisha muri iyi weekend tariki 12 na 13 Ugushyingo 2022 biyandikisha guhera saa kumi z’amanywa banyuze ku rubuga Irembo.

Itangazo rya Polisi rikomeza rivuga ko abifuza iyo serivisi(gukora ikizamini) biyandikisha gukorera muri santere za Gisagara, Huye, Muhanga, Kirehe, Nyagatare, Ngororero, Nyamasheke, Rutsiro, Musanze na Muhima (Nyarugenge).

Iryo tangazo rivuga ko abiyandikishije bazatangira gukora ikizamini tariki 14 Ugushyingo 2022, bakazagenda bitwaje indangamuntu y’umwimerere itari icyangombwa gisimbura indangamuntu cyangwa pasiporo, kuko ngo bitemewe.

Abajya gukora icyo kizamini kandi bagomba kuba bagaragaza ko bikingije Covid-19 byuzuye, kugira ngo bemererwe kwinjira aho gikorerwa.

Abiyandikishije bagomba no kubahiriza isaha bahawe yo gukoreraho ikizamini. Polisi yanatanze imirongo ya telefone babarizaho mu gihe bifuza ibisobanuro birambuye, ari yo:
118
0788311553
0788311570

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Ndashaka gura provisoire mumpera zukwacumi

Muhayiteto yanditse ku itariki ya: 29-09-2023  →  Musubize

Mwiriwe
Mwatubwira uko twabona liste yabazakorera provisoire rwamagana 26/7/2023

Murakoze

RUSATIRA Chretien yanditse ku itariki ya: 8-07-2023  →  Musubize

Mwiriwe nshaka gukorera permi provisoire ntashye muri vacance kandi nzasubira ku ishuli taliki 8 January

Rusatira Chretien yanditse ku itariki ya: 20-12-2022  →  Musubize

Mwiriwe neza bwatubwira ijyihe gicumbi twaza jya gufatakode

niyogisubizo yanditse ku itariki ya: 15-11-2022  →  Musubize

Mwiriwe neza mwatubariza igihe gukorera uruhushya rwa burundu bazabifungura murakoze

Paccy yanditse ku itariki ya: 12-11-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka