Abarenga 800 bafashwe bangiza ibikorwa remezo by’amashanyarazi muri uyu mwaka

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG), bwatanganje ko muri uyu mwaka wa 2023, abarenga 800 bafashwe bangiza ibikorwa remezo bitandukanye by’amashanyarazi.

REG yagaragaje ibimaze kugerwaho n'ibirimo gukorwa mu kurushaho kunoza serivi z'amashanyarazi
REG yagaragaje ibimaze kugerwaho n’ibirimo gukorwa mu kurushaho kunoza serivi z’amashanyarazi

Ubwo yerekanaga ishusho y’iyo sosiyete mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023, Umuyobozi Mukuru wa REG, Armand Zingiro, yavuze ko kuva umwaka wa 2023 watangira bamaze gufata abantu barenga 800, bafatiwe mu bikorwa bitandukanye byo kwangiza ibikorwa remezo by’amashanyarazi, birimo intsinga ndetse n’ibyuma.

Zingiro avuga ko ibyo abafashwe bakoraga byo kwangiza ibikorwa remezo bigira ingaruka ku ibura rya hato na hato ry’amashanyarazi.

Ati “Twari dufite abantu bangiza imiyoboro yubatswe, ukabona umuntu yagiye agaca insiga abantu ntibabimenye, ibyo byose bituma habaho icikagurika ry’amashanyarazi, ariko ku bufatanye n’inzego zishinzwe umutekano n’izindi n’iz’ibanze, twarakoranye mu minsi ishize hari abantu benshi bafashwe barimo gukora ibyo bintu bidafututse, abantu barenga 800 nibo bafashwe mu kwangiza imiyoboro.”

Bagaragaje ko kwangiza ibikorwa by'amashanyarazi bigira ingaruka ku bayakenera mu bikorwa byabo
Bagaragaje ko kwangiza ibikorwa by’amashanyarazi bigira ingaruka ku bayakenera mu bikorwa byabo

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’amashanyarazi birimo gukwirakwiza, gusana, kwagura no kugenzura ibikorwa remezo by’amashanyarazi muri REG, Fred Kagabo, avuga ko umuriro w’amashanyarazi ushobora kubura kubera impamvu zitandukanye, harimo n’iyangizwa ry’ibikorwa remezo.

Ati “Ibikorwa REG ikunda kwangiririzwa harimo intsinga zikatwa, kwangiza ‘Transformer’ ziha abantu umuriro, gukura ibyuma bita kurosani ku minara y’amashanyarazi, amapironi. Ibyo bifite ingaruka nyinshi ku baturage baba bakeneye gukora ubucuruzi bwabo n’izo nganda gukora, ndetse n’ababigura bamwe bafite izo nganda bashobora kubura umuriro ubwabo. Ugasanga uguze icyuma ibihumbi 10 ku muntu wacyibye, ariko umuriro ukabura amasaha atatu ugasanga nawe bikugizeho ingaruka.”

Akenshi ngo ibikoresho bya REG ababyiba bajya kubigurisha n’abakora ubucuruzi buzwi nk’ubw’inyuma (Scraps), ari naho iyo Sosiyete y’ingufu ihera yibutsa abantu ko ibikoresho byayo atari inyuma nk’uko bikunda kwitwa, ahubwo ko ibyuma bikoreshwa muri ubwo bucuruzi ari ibindi byashaje bitagikeneye gukoreshwa n’abandi, kubera ko ibya REG iyo ikeneye kubigurisha binyuzwa muri cyamunara ku buryo ubiguze ahabwa igipapuro, kigaragaza ko yabiguze koko kandi kiriho igenagaciro kabyo.

Umuyobozi Mukuru wa REG, Armand Zingiro, yavuze ko bamaze gufata abantu barenga 800 bangiza ibikorwa remezo by'amashanyarazi muri 2023
Umuyobozi Mukuru wa REG, Armand Zingiro, yavuze ko bamaze gufata abantu barenga 800 bangiza ibikorwa remezo by’amashanyarazi muri 2023

Abantu barasabwa kujya batangira amakuru ku gihe, igihe cyose babonye abantu barimo gukora ibikorwa byo kwangiza ibikorwa remezo by’amashanyarazi, bakabimenyesha inzego z’umutekano cyangwa iz’ibanze zibegereye.

Abagera kuri 800 bafashwe bangiza ibikorwa by'amashanyarazi
Abagera kuri 800 bafashwe bangiza ibikorwa by’amashanyarazi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka