Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda batinya iruka rya Nyiragongo batangiye gutaha
Mu ijoro ryakeye abaturage babarirwa mu bihumbi birindwi bari binjiye mu Rwanda baturutse i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batinya kugerwaho n’ingaruka z’ikirunga cya Nyiragongo cyarimo kiruka cyerekeza mu mujyi wa Goma.

Binjiye mu Rwanda banyuze ku mupaka uhuza Goma na Gisenyi, bashyirirwaho aho kubakirira, harimo kuri Stade ya Rubavu izwi nka Stade Umuganda.
Hari n’abandi benshi bishoboye bahise bajya mu mahoteri baracumbika, mu gihe ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwari bwashyizeho imodoka zitwara abanyantege nke, ndetse n’abafite ibibazo by’ubuzima bakitabwaho.
Icyakora uko amasaha yagiye akura ni ko umuriro wari wateye benshi ubwoba wagiye ugabanuka, ndetse bamwe bagira icyizere cyo gusubira mu gihugu cyabo.

Mu Karere ka Rubavu na Goma abaturage baratekanye nubwo bakomeje kumva imitingito mito mito yisukiranya buri kanya, icyakora ikaba ntacyo yahise yangiza ako kanya bitewe n’ubukana bwayo.
Umunyamakuru wa Kigali Today ubwo yazengurukaga Umujyi wa Gisenyi, yabonye abantu bikoreye ibyo bari bahunganye, berekeza ku mupaka basubira muri Congo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko bwakiriye abaturage bahungiye mu Rwanda babarirwa mu bihumbi birindwi, icyakora abagera kuri 90% bamaze gusubira iwabo.

Kubera uburyo abahungiye mu Rwanda baje biruka nyuma y’igihe bategereje gufungurirwa umupaka na Congo yari yabangiye, habonetsemo abantu batanu bagize ikibazo cy’uburwayi, bitabwaho n’abaganga.
Bamwe mu bahungiye mu Rwanda bavuga ko bahunze kubera gutinya ingaruka z’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo batinya ko cyagera mu mujyi wa Goma.
Icyakora nticyashoboye kuhagera nk’uko babikekaga kuko cyagarukiye muri territoire ya Nyiragongo ahazwi nka Buhene ndetse kikaba cyasenye amazu n’ibindi igikoma cyaka umuriro cyahuye na byo.


Nyuma y’uko iruka ry’icyo kirunga rirangiye, abaturage bagaragaye batemberera mu duce cyarutsemo, bigaragara ko hamwe umuriro w’igikoma cyarutse wari ucyaka.

Inkuru zijyanye na: Nyiragongo
- Rubavu: Abagizweho ingaruka n’iruka rya Nyiragongo babayeho bate?
- Goma: Ubuyobozi bwasabye abahunze iruka rya Nyiragongo gusubira mu ngo
- Rubavu: Imiryango 2,504 yangirijwe n’imitingito imaze guhabwa ubutabazi
- Rubavu: Ibitaro bya Gisenyi byongeye gutanga serivisi
- Amashyuza yari yaragiye kubera imitingito yagarutse
- Mu Rwanda hasigaye Abanyekongo babarirwa mu 1000 bahunze Nyiragongo
- Ikiyaga cya Kivu nticyahungabanyijwe n’iruka rya Nyiragongo
- Imiryango yasenyewe n’imitingito irasaba gufashwa kubona ahandi ho kuba
- Rubavu: Ubuyobozi burahamagarira abantu gusubukura ibikorwa byabo
- Rubavu: Amashyuza yaburiwe irengero kubera umutingito
- Impunzi z’Abanyekongo zikomeje gusubira iwabo
- Rubavu: Ibyangijwe n’imitingito byatangiye gusanwa
- Ubuyobozi burahumuriza abumvaga ko ikirere n’amazi bya Rubavu byagize ikibazo
- Kuruka kw’ibirunga n’imitingito bizagira uruhare mu gutandukanya Congo n’u Rwanda – Impuguke
- Rubavu: Inzu zisaga 1,500 zimaze kwangizwa n’imitingito
- Ibyuka bituruka muri Nyiragongo bigira ingaruka ku buzima - Impuguke
- Mu Kivu hagaragaye isambaza zapfuye nyuma y’umutingito
- Igihiriri cy’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda
- Hari impungenge z’uko Nyiragongo yakongera kuruka
- Abatuye muri metero 200 uvuye ku murongo waciwe n’imitingito bafite inzu ziyashije bagomba kuhava - Minisitiri Kayisire
Ohereza igitekerezo
|