Abanyarwanda bifatanyije mu kababaro n’ ababuriye ababo mu bitero by’i Paris-Minisitiri Mushikiwabo

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yihanganishije imiryango n’inshuti baburiye ababo mu bitero by’ibyihebe byagabwe i Paris mu Bufaransa.

Ibyo bitero byagabwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2015 mu Murwa Mukuru w’Ubufaransa, Paris, byahitanye ababarirwa mu 120 naho 300 barimo 80 baremye cyane barakomereka nk’uko France 24 imaze kubitangaza mu kanya gashize.

Minisitiri Mushikiwabo yabwiye ababuriye ababo mu bitero byagabwe kuri Paris ko Abanyarwanda bifatanyije na bo mu kababaro (Phor France 24).
Minisitiri Mushikiwabo yabwiye ababuriye ababo mu bitero byagabwe kuri Paris ko Abanyarwanda bifatanyije na bo mu kababaro (Phor France 24).

Abinyijie kuri Twitter ye, Minisitiri Mushikiwabo akaba abwira Abafaransa batakarijemo ababo ndetse n’inshuti zabo ko Abanyarwanda bifatanyije na bo mu kababaro.

K2D

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

isi nihaguruke turwanye itera bwoba nibyihebe .!!niba bafite icyo barwanira basaba gisobanutse nibavugane na Leta ninzego ziyoboye bareke kwica inzirakarengane kuko uwica inzirakarengane ntajya atsinda ,nabo bizabagaruka twe nkabanyarwanda tuzi agaciro kumuntu n,ubuzima twifatanyije nababuriye ababo hariya baruhukire mumahoro

Gaetan yanditse ku itariki ya: 15-11-2015  →  Musubize

twifatanyije n’igihugu cy’ubufaransa mu kababaro gusa nabo mu cyunamo bashatse bazashyire umupira hasi baze dufatanye ngira ngo nabo bumvise uko kubabara bimera

Karinganire yanditse ku itariki ya: 14-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka