Abanyarwanda baramurikirwa ibyo Guverenoma yagezeho mu mezi atatu ashize
Kuri uyu wa gatanu tariki 07/09/2012, Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, aramurikira Abanyarwanda ibyo Guverinoma y’u Rwanda yagezeho mu gikorwa cyiswe “Umunsi Murikabikorwa”.
Minisitiri w’Intebe amurikira Abanyarwanda n’abagenerwabikorwa ibyo Guverinoma yagezeho mu mezi atatu ashize, ibikomeje gukorwa ndetse n’ibiteganyijwe kuzakorwa mu mezi atatu yandi ari imbere, ndetse hanasubizwa ibibazo by’abaturage n’abanyamakuru.
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara n’ibiro bya minisitiri w’Intebe, rivuga ko by’umwihariko kuri uyu munsi, Minisitiri w’Intebe azagaragaza ibyagezweho mu bijyanye no kongera ingufu zikomoka ku mashanyarazi, iterambere mu bikorwa remezo, Ubuhinzi, Ubuzima, Uburezi, Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro no kongera no guhanga imirimo.
Eric Muvara
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Ariko se ko batajya bavuga ku bijyanye na HANGA UMURIMO! Ukuntu batesheje abantu agaciro barangiza ngo ni ukwihesha agaciro! Ubuse habura iki ngi gahunda ikurikizwe nk’uko babyizezaga abanyarwanda?