Abanyarwanda baba muri Indiana babimburiye abandi kwizihiza umunsi w’Intwari

Harabura amasaha make ngo u Rwanda rwizihize umunsi w’Intwari, ariko Abanyarwanda baba muri Leta ya Indiyana no muri Michigan bamaze kuwizihiza.

Habaye ikiganiro cyo kuvuga ku mateka y'ubutwari bwo mu Rwanda
Habaye ikiganiro cyo kuvuga ku mateka y’ubutwari bwo mu Rwanda

Ni ku nshuro ya mbere mu Banyarwanda baba muri aka gace, Abanyarwanda bari bizihije Umunsi w’Intwari z’u Rwanda, usanzwe wizihizwa tariki 1 Gashyantare buri mwaka.

Mu birori byabaye byaranzwe n’busabane ndetse n’ikiganiro ku mateka y’ubutwari mu Rwanda, bahawe na Brig. Gen Nyakarundi uhagarariye ingabo z’u Rwanda i Washington.

Umusi w’Intwari wizihizwa kw’itariki ya mbere Gashyantare buri mwaka, ubu ukaba ugiye kwizihizwa ku nshuro ya 24.

Brig Gen Nyakarundi yabasobanuriye ko ubutwari mu Rwanda bwahozeho kandi uwagiraga ubutwari buruta ubw’abandi mu ntambara zo kwagura u Rwanda yagororerwaga, akanahabwa Impeta cyangwa Umudari w’ubutwari n’Umwami.

Yagize ati “Ibikorwa by’umuntu nibyo bimugira Intwari. Twese Abanyarwanda aho turi, dukomeze duharinire gukora ibikorwa by’Ubutwari byubaka u Rwanda Twifuza, duhereye aho tuba.

“Murangwe n’indangagaciro Nyarwanda, mwigishe abana Ikinyarwanda, muharanire kandi mukomeze kwitanga, kwitabira ibikorwa by’umuryango, gushyira hamwe n’ibindi nk’ibyo byubaka.”

Yavuze ko uyu muco wo gushima Abanyarwanda babaye intwari wongeye kugarurwa na Leta y’Ubumwe nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yavuze ko abashimwa ari Abanyarwanda baranzwe no gukunda igihugu kugera ubwo bakitangiye. Bagomba kuba kandi bararanzwe n’Ubupfura, kwitanga bikomeye, kubera abandi intangarugero, kudacika intege kubera inzitizi zitandukanye no gushishoza.

Yavuze ko u guverinoma yongereyeho n’izindi mpeta, zahawe inshuti z’u Rwanda zakoze ibikorwa by’indashyikirwa.

Habayeho n'ubusabane ku Banyarwanda
Habayeho n’ubusabane ku Banyarwanda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka