Abanyarwanda 26 bari bafungiye muri Uganda boherejwe mu Rwanda
Inzego za Uganda zishinzwe abinjira n’abasohoka zashyikirije u Rwanda abantu 26 bari bafungiye muri Uganda, icyo gikorwa kikaba cyabereye ku mupaka wa Kagitumba tariki 19 Kanama 2021 ahagana saa kumi n’imwe n’iminota 50 z’umugoroba.
Mu bahagejejwe harimo abagabo 20 abagore bane n’abana babiri barimo uw’imyaka ibiri.
Bakihagera bapimwe COVID-19 maze 18 bayisanganywe bajyanwa kuvurirwa mu bitaro bya Ngarama, abandi bajyanwa mu kato ahahoze IPRC Nyagatare.
Ni akato kazamara iminsi irindwi abazapimwa bagasanga ari bazima basubizwe mu miryango yabo.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|