Abanyarwanda 26 bari bafungiye muri Uganda boherejwe mu Rwanda

Inzego za Uganda zishinzwe abinjira n’abasohoka zashyikirije u Rwanda abantu 26 bari bafungiye muri Uganda, icyo gikorwa kikaba cyabereye ku mupaka wa Kagitumba tariki 19 Kanama 2021 ahagana saa kumi n’imwe n’iminota 50 z’umugoroba.

Mu bahagejejwe harimo abagabo 20 abagore bane n’abana babiri barimo uw’imyaka ibiri.

Bakihagera bapimwe COVID-19 maze 18 bayisanganywe bajyanwa kuvurirwa mu bitaro bya Ngarama, abandi bajyanwa mu kato ahahoze IPRC Nyagatare.

Ni akato kazamara iminsi irindwi abazapimwa bagasanga ari bazima basubizwe mu miryango yabo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka