Abanyamuryango ba FPR basabwe ibikorwa byinshi, amagambo make
Kuri uyu wa 13 Kanama 2018, umuryango FPR Inkotanyi watangije igikorwa cyo kwamamaza abakandida bawo bazahatana mu matora y’abadepite azaba muri Nzeri 2018, igikorwa cyabereye mu Karere ka Rulindo.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi bakuru b’igihugu ndetse n’abanyamuryango benshi ba FPR Inkotanyi n’ab’amashyaka ayishyigikiye ari yo PSR, PDI, UDPR, PPC, PSP na PDC.
Umunyamabanga mukuru wa FPR Inkotanyi Ngarambe François, yasabye abitabiriye icyo gikorwa gukora cyane kuko ari byo biteza imbere igihugu, bakagabanya amagambo .
Yagize ati “Kugira ngo tujye aheza twifuza, turasabwa gukura amaboko mu mifuka tugakora, ibikorwa byinshi binoze kandi bikozwe vuba, amagambo make. Ibyo ni byo bizatuma tugera ku cyerekezo twifuriza buri Munyarwanda ndetse tukanagira amategeko arengera buri wese”.

Yanasabye abaturage ndetse n’abakandida kwitwara neza muri iki gihe cyo kwiyamamaza.
Ati “Mu gihe cyo kwiyamamaza murasabwa kurangwa n’imyitwarire iranga intore nk’uko mwabitojwe, nta gusahinda ahubwo mukakira neza ubagana wese. Gusa musabwa kwegera buri Munyarwanda mukamusobanurira icyerekezo n’icyo mumutezeho, ari yo majwi kandi ndizera ko bazayaha FPR Inkotanyi”.
Bamwe mu bitabiriye icyo gikorwa bishimira ibyo FPR yabagejejeho ndetse bakanemeza ko bazayitora, uyu ni Gashayija Telesphore wo mu Murenge wa Masoro muri Rulindo.
Ati “FPR ndayishimira ibyo yatugejejeho, abatishoboye Girinka yarabazamuye, abandi VUP ibaha agafaranga n’ibindi byiza byinshi by’iterambere. Ikindi gikomeye ni umutekano dufite, nta muntu ugihohoterwa, ni yo mpamvu nzayitora”.

Gashayija ariko anasaba abazatorwa kuzabavugira kugira ngo akagari atuyemo kazagezwemo amazi n’umuriro bityo na bo bihute mu iterambere.
Uwamahoro na we ati “Jyewe FPR yampaye inka n’ubu irahaka ku buryo mu gihe gito kiri imbere nzanywa amata n’umuryango wanjye. Abadepite bazatorwa ndabasaba kuzongera ibyo twagezeho kandi bakatugeraho kenshi kugira ngo tubahe ibyifuzo byacu nk’uko ari intumwa za rubanda”.

Mu gihe abakandida ba FPR Inkotanyi biyamamarizaga mu Karere ka Rulindo kuri uyu munsi wa mbere, andi mashyaka na yo ndetse n’abakandida bigenda biyamamarije hirya no hino mu gihugu.

Kureba andi mafoto menshi kanda AHA
Inkuru zijyanye na: Amatora y’abadepite 2018
- Amatora y’abadepite yabaye ntamakemwa - Indorerezi
- Abagore batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko bamenyekanye
- Imyanya 4 kuri Green Party na PS Imberakuri mu nteko ishinga amategeko
- FPR irayoboye mu majwi y’agateganyo na 75%
- Yabyaye 3 avuye gutora, umwe ngo azamwita ’Mukadepite’
- Nyagatare: Yafashwe yigize indorerezi y’amatora
- Inyota yo gutora ku rubyiruko rwiganjemo n’urwayitabiriye rutaruzuza imyaka
- Muhanga: Abatoye bongeye kwibutsa abadepite kurwanya ihuzagurika mu nzego
- Intero ‘aya si amatora ni ubukwe’ yongeye kugaragara (AMAFOTO)
- Muri Kigali abarwayi n’abarwaza begerejwe ibiro by’itora ngo badacikanwa
- Nyabimata: Ab’inkwakuzi bahise bisubirira mu mirimo nyuma yo gutora
- Abafite ubumuga bamaze kubona umudepite uzabahagararira
- N’utaraboneje urubyaro yavuze imyato FPR ngo itaramutereranye
- Abakandida PL bashimiye Abanyarwanda ubufatanye babagaragarije mu kwiyamamaza
- Perezida Kagame uri mu Bushinwa yamaze gutora abadepite
- Uwari warahawe akato kubera uruhu ubu ni ikitegererezo
- Gasabo: FPR yijeje abaturage kubyaza umusaruro ikiyaga cya Mutukura
- Bweyeye: Abaturage barasaba abaganga b’inzobere bahoraho
- Ruhango: Ntibakeneye umudepite wicara mu nteko gusa
- Rwaza: Abaturage ngo bizeye kubona amashanyarazi nyuma y’amatora
Ohereza igitekerezo
|