Abanyagicumbi bahigiye kuba aba mbere mu mihigo ya 2016-2017

Abaturage b’Akarere ka Gicumbi batangaza ko umwanya wa kabiri babonye mu mihigo y’umwaka 2015-2016 utabahagije ngo baraharanira kuba aba mbere.

Bishimiye umwanya wa kabiri ariko ngo bazaruhuka bageze ku wa mbere
Bishimiye umwanya wa kabiri ariko ngo bazaruhuka bageze ku wa mbere

Batangaza ibi nyuma y’uko mu mihigo ya 2015-2016 baje ku mwanya wa kabiri mu turere 30 tugize u Rwanda, bavuye ku mwanya wa 14 bari bajeho mu mihigo ya 2014-2015.

Umurerwa Claudine, utuye mu murenge wa Rushaki, avuga ko we na bagenzi be bishimiye umwanya wa kabiri babonye, ariko agashimangira ko banyotewe n’umwanya wa mbere.

Agira ati “Kuva nabaho, nibwo mbonye igikombe mu karere kacu, niyo mpamvu twumva ko tugomba gukora ibishoboka byose umwanya wa mbere nawo tukawugeraho”.

Mugenzi we witwa Mbarushimana Paul avuga ko imihigo y’akarere bagiye kuyigira iyabo, bagatangira ubwisungane mu kwivuza ku gihe, bagakoresha imbaraga zose kugira ngo bagere kubisabwa byose ngo akarere kaze ku mwanya wa mbere.

Abaturage b'umurenge wa Rushaki beretswe igikombe bahamya ko biteguye gukora ibishoboka bakaza ku mwanya wa mbere
Abaturage b’umurenge wa Rushaki beretswe igikombe bahamya ko biteguye gukora ibishoboka bakaza ku mwanya wa mbere

Abaturage basaba ko abayobozi bamanuka bakabegera, bakabereka imihigo bahigiye imbere ya Perezida, ubundi nabo bakayishyira mu bikorwa.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi, buvuga ko imbaraga bwakoresheje kugirango buze ku mwanya wa kabiri, zari nke ugereranyije nizo bagiye gukoresha mu mihigo ya 2016-2017. Bikabaha icyizere ko umwanya wa mbere ari uwabo.

Mudaheranwa Juvenal, umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, avuga ko bimwe mu byatumye baza ku mwanya wa kabiri, ngo byatewe n’ubwumvikane ndetse no gukorera hamwe na komite nyobozi n’izindi nzego.

Akavuga ko iyi mikoranire ariyo bazabanza gushyiramo imbaraga, mbere y’uko hagira ibindi bikorwa. Ubundi bakamanuka bakegera abaturage bakabereka imihigo yabo bakayigiramo uruhare mu kuyesa.

Bimwe aka karere kiteguye guhangana nabyo ngo kaze ku mwanya wa mbere, harimo kurwanya umwanda, guha amazi meza abaturage, guca ruswa n’akarengane no kugabanya umubare w’abana bata ishuri.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Eeeh umuyobozi nkuwo wagira ngo bamutumye gushaka imibereho cyumba igisigaye nukumuhungira I kigali abifite twebwe ayi carte ntimake turihangana kugeza leta ibikoze

Tonto yanditse ku itariki ya: 10-10-2016  →  Musubize

Murakoze kuduha umwanya w,ibitekerezo;ariko muzanatubarize impamvu abakorerabushake b,amatora udufaranga bagenerwa iyo hari amatora yakozwe.mu karere ka gicumbi hari imirnge itarabonye n,ifaranga na rimwe mu matora yose yabaye mu mwaka wa 2015,kandi yari amatora akomeye(aruhije).Imirenge:nyankenke,Miyove,...;tugiye kwinjira mu matora ya Perezida wa Repuburika dufitiwe ideni n,urwego rutabuze ubwishyu?KIGALItoday,turabatumye,nimudukorere ubuvugizi.nitwa alias wo mu karere ka Gicumbi.Turabashimiye.

alias yanditse ku itariki ya: 10-10-2016  →  Musubize

Cyumba bashigikira kanyanga kandi ari abayobozi bumurenge, ruswa gukunda utwana naba mama babandi gushaka ibyubutsa ntibatayihagurukira nuwanyuma tuzawubura cyumba birakabije

alias kitoko yanditse ku itariki ya: 10-10-2016  →  Musubize

Cyumba ntibandahindura gitifu ahubwo bazaba abanyuma

alias yanditse ku itariki ya: 9-10-2016  →  Musubize

Ntibizashoboka mugihe cyumba igifite umuyobozi udashobotse

tito yanditse ku itariki ya: 9-10-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka