Abantu 37 barimo abavuzi gakondo bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

Ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nzeri 2021, abantu 37 bagizwe n’abavuzi gakondo ndetse n’abarwayi babo bafatiwe mu Karere ka Kicukiro bateraniye mu nzu mu buryo bunyuranye n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Bari bateraniye mu nzu y’uwitwa Habakubaho Alphonse w’imyaka 50 utuye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Masaka, Akagari ka Cyima, Umudugudu wa Kabeza.

Ubwo berekwaga itangazamakuru ku Cyumweru tariki ya 19 Nzeri 2021 kuri sitade ya Kicukiro, Habakubaho yavuze ko abo bantu bateraniye mu nzu ye na we ari kumwe na bo, arimo kubavura nk’umuvuzi gakondo.

Yagize ati “Ndi umwe mu bavuzi kandi dukorera iwanjye mu rugo. Ubwo Polisi yadufataga twari dufite abarwayi turimo kugerageza kubavura, tujya twakira abarwayi rimwe na rimwe kwa muganga bananiwe kubavura. Twari twarabihagaritse ibyo kuvura kubera icyorezo cya Covid-19 kugeza ubwo ejo twafatwaga. Tubiboneyemo isomo ariyo mpamvu mbisabira imbabazi kuri Leta ndetse n’abaturage.”

Kajongi Jean Bosco, umuyobozi w’iryo tsinda ry’abavuzi yemeye amakosa bakoraga ayasabira imbabazi.

Ati “Twafashwe ubwo twarimo kuvura abantu nk’abavuzi gakondo, twari turimo kuvurira mu rugo rw’umwe muri twe. N’ubwo twari dufite ibyangombwa byo gukorera muri koperative ariko twakoze amakosa turenga ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19, turabisabira imbabazi.”

Kajongi yakomeje avuga ko agiye gufata iya mbere kugira ngo ingamba z’ubuzima zubahirizwe kandi akangurire abantu kwikingiza icyo cyorezo ndetse banakipimishe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko abo bantu bafashwe biturutse ku mikoranire ya Polisi n’abaturage.

Ati “Itsinda ry’abantu 37 bafashwe ahagana saa kumi z’umugoroba bateraniye mu kumba gatoya k’inzu y’umwe wiyita umuvuzi gakondo. Amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19 yavuzwe kenshi anasubirwamo. Kuvuga ko uri umuvuzi gakondo ntibiguha uburenganzira bwo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19.”

CP Kabera yakomeje yibutsa abantu ko Covid-19 itarangiye, ababurira ko Polisi y’u Rwanda izakomeza ibikorwa byo gufata abarenga kuri ayo mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Abafashwe bapimwe icyorezo cya Covid-19 ku kiguzi cyabo, nyuma inzego zibishinzwe zibaca amande yagenwe, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka