Abandi Banyarwanda 60 batahutse

Abanyarwanda 60 batahutse bavuye muri Congo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013 bavuga ko bari barahejejwe ishya no kubura amakuru y’ukuri ku bibera mu Rwanda; ngo amakuru bumvaga ni ayo kubabwira ibibaca intege.

Nyirabakobwa Elizabeth ni umwe mu Banyarwanda bagize ubutwari bwo kujya gucyura Abanyarwanda b’impunzi bari ahitwa Karehe, yatangarije Kigali Today ko byamugoye kujya gushishikariza impunzi gutaha.

Yabisobanuye muri aya magambo: "Abanyarwanda bari mu buhunzi muri Congo baracyari benshi kandi kubashishikariza gutaha biracyenewe kuko abo bashishikarije bose siko baje ariko n’abasigaye bashoboye kumenya ukuri ku buryo bashobora gutaha".

Nk’Umunyarwanda umaze igihe mu gihugu cye, Nyirabakobwa avuga ko abari muri Congo batabayeho neza ariko bahezwayo n’ubujiji bwo kubura amakuru.

Hatahutse bemeza ko hari abandi bakiriyo badafite amakuru nyayo.
Hatahutse bemeza ko hari abandi bakiriyo badafite amakuru nyayo.

Abatashye bari bamaze imyaka 19 bari mu buhungiro bavuye mu duce twa Masisi na Ructhuro.
Bamwe mu mpunzi zavuye ahitwa Gasake bavuga ko abasigaye barenga 500 kandi bategereje kumenya amakuru y’ibibera mu Rwanda kugira ngo batahuke kuko umutekano wabo wagiye uhungabanywa na Mutomboki.

Uwitwa Mugabo yavuze ko nyuma yo kugera mu Rwanda akabona hatekanye azajya kubwira abasigaye kugaruka mu gihugu cyabo.

Zimwe mu mpunzi zatangarije Kigali Today ko abafite ababo baba muri Congo bajya babagezaho amakuru bagatahuka, ibi bakaba babihereye ko amakuru avuye mu Rwanda abafasha kumenya ibihabera bagahitamo gutaha.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

tubakiriye mwizina rya yesu

kiroli Raurent yanditse ku itariki ya: 6-09-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka