Abahunguka barafotorwa ngo bazahabwe irangamuntu mbere y’uko basubira iwabo

Abanyarwanda bahungutse bavuye muri Kongo bakaba bari mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi batangiye gufotorwa ngo bazahabwe indangamuntu mbere y’uko berekeza iyo bakomoka.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’Irangamuntu mu Rwanda, Pascal Nyamurinda, avuga ko bahisemo kuza kwandika no gufotora Abanyarwanda batahutse babasanze mu nkambi kugira ngo abatahutse barusheho kwiyumvamo ikaze mu gihugu cyabo.

Ibi kandi bizatuma batangira gukurikiza gahunda zose zireba Abanyarwanda nk’abandi bene gihugu, ndetse ibyo bakorera abandi nabo babashe kujya babikorerwa.

Impunzi zatahutse ziri mu nkambi ya Nyagatare zifotorwa ngo zihabwe indangamuntu.
Impunzi zatahutse ziri mu nkambi ya Nyagatare zifotorwa ngo zihabwe indangamuntu.

Nyamurinda avuga kandi ko iyi gahunda yateguwe na Minisiteri Ishinzwe gucyura impunzi no gucunga Ibiza, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ndetse n’ikigo cy’umushinga w’irangamuntu, kugira ngo birusheho kwereka aba batahuka icyizere cy’uko bafite agaciro n’amahirwe angana n’abo basanze.

Ngo bizatuma kandi nyuma yo kubona irangamuntu, bazashobora no kugerwaho n’ubundi bufasha nk’ubwisungane mu kwivuza, n’imfashanyo zinyuranye dore ko hafi ya bose bigaragara ko bakeneye gufashwa.

Abagomba gufashwa ngo haba hari ibyangomba baba bagomba kwerekana bigaragaza ko ari abanyarwanda, muri ibyo harimo n’irangamuntu .

Nyamurinda Pascal, umuyobozi w'ikigo gishinzwe irangamuntu.
Nyamurinda Pascal, umuyobozi w’ikigo gishinzwe irangamuntu.

Bamwe muri abo Banyarwanda twaganiriye, barimo Nyiramporayonzi Seraphine, yatubwiye ko, ibi byatumye arushaho kugira icyizere n’ihumure ngo kuko babonye ko bafite agaciro nk’abandi Banyarwanda, ngo kuko ubusanzwe bari baje bikandagira.

Ku bw’iki gikorwa, barasaba ababa bakiri mu mashyamba ya Congo ndetse n’ahandi ko bakitabira gutaha kuko mu Rwanda ari amahoro.

Euphrem Musabwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

IRANGAMUNTUZIZASOHOKARYARI

IZABAYOVIATEUR yanditse ku itariki ya: 16-06-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka