1994: Uwarokoye umwana w’amezi atatu akamwonsa, akamurera akamukuza, yagabiwe Inka y’Ineza (Video)

Abagize AERG/GAERG bahaye inka umukecuru witwa Rose Mukarurinda bamushimira kubera ukuntu yahishe akanonsa uruhinja rw’amezi atatu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

AERG/GAERG yaremeye umukecuru Rose Mukarurinda imushimira
AERG/GAERG yaremeye umukecuru Rose Mukarurinda imushimira

Uwo mukecuru wavutse mu mwaka wa 1943, utuye mu Karere ka Ruhango, yashimiwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 25 Werurwe 2017.

Mukarurinda avuga ko ubwo Interahamwe zameneshaga Abatutsi kuri komini ya Kinazi, ari bwo yabonye umwana w’imyaka 15 uhetse uruhinja rumerewe nabi.

Yahise yiyemeza kurwonsa atitaye ku byari kumubaho iyo Interahamwe zirumusangana. Avuga ko muri icyo gihe yonsaga umwana w’umwaka umwe, amukura ku ibere hanyuma yonsa urwo ruhinja.

Mukarurinda avuga ko ubwo Inkotanyi zageraga i Kinazi, yazibwiye ko afite urwo ruhinja na nyirasenge, hanyuma zitwara nyirasenge asigara yonsa urwo ruhinja.

Mukarurinda yashimiwe guhisha uruhinja rw'amezi atatu none ubu rukaba rwaravuyemo umukobwa w'inkumi ugiye kurangiza kaminuza
Mukarurinda yashimiwe guhisha uruhinja rw’amezi atatu none ubu rukaba rwaravuyemo umukobwa w’inkumi ugiye kurangiza kaminuza

Akomeza avuga ko urwo ruhinja yonkeje rwavuyemo inkumi nziza ngo ubu yiga muri Kaminuza mu gihugu cya Kenya.

Agira ati "Ugira neza ukayisanga imbere, nshimiye aba bampaye inka, iyo tuza kuba benshi bafite umutima utabara nta maraso menshi yari kumeneka.”

Yungamo avuga ko umuryango w’uruhinja yahishe babanye neza kandi nabo bamaze kumuha inka inshuro ebyiri, naho uwo mukobwa we aramusura iyo yaje mu kiruhuko.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Alivera Mukabaramba wari witabiriye uwo muhango, yavuze ko abaturage bose bazwiho ibikorwa by’indashyikirwa bakoze barengera ubuzima bw’abahigwaga, bajya begerwa bagahabwa inshingano zo kubisakaza henshi.

Yashimiye abagize AERG/GAERG ku bikorwa ikora byo gukora umuganda n’ibindi bikorwa bitegura kwibuka, kandi ashima uburyo bazirikana abagize uruhare mu kurokora Abatutsi.

Agira ati "Ibi ni ibikorwa bitanga umusanzu ku gihugu, abana bari bato muri Jenoside none barakuze, barakora ibikorwa byo kugaragaza icyizere cy’ejo hazaza.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu (MINALOC), Alivera Mukabaramba yashimye ibikorwa bya AERG/GAERG
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Alivera Mukabaramba yashimye ibikorwa bya AERG/GAERG

Ibikorwa bya AERG/GAERG i Kinazi mu Karere ka Ruhango byibanze ku gusukura urwibutso rwa Jenoside rwa Kinazi no kwimura imibiri 1850 yari ishyinguye nabi ikaba izategurwa neza ikimurirwa mu urwibutso rushya.

Banaremeye abantu babiri barimo Mukarurinda n’umusaza warokotse utishoboye, babaha inka.

Abagize AERG/GAERG bagabiye inka Mukarurinda n'umusaza warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utishoboye
Abagize AERG/GAERG bagabiye inka Mukarurinda n’umusaza warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utishoboye
Abagize AERG/GAERG bimuye imibiri 1850 yari ishyinguye nabi muri urwo rwibutso rwa Kinazi
Abagize AERG/GAERG bimuye imibiri 1850 yari ishyinguye nabi muri urwo rwibutso rwa Kinazi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 18 )

bene uyu mukecuru nibo bita imfura, kuba atarahigwaga nta kibazo yari afite bityo no kutarokora uwo mwana ntibyari kumubazwa cyane ariko ubupfura bwaramukomanze, olalala, Imana izaguhembe kandi uwo mukobwa nawe azakubere umwana mwiza kuko ubuzima bwe ni wowe abukesha

Kamana yanditse ku itariki ya: 26-03-2017  →  Musubize

Uwiteka ajye akwihera umugisha Mubyeyi kd uzakomeze ubwo bupfura.

Richard yanditse ku itariki ya: 26-03-2017  →  Musubize

Mana yanjye
Uyu mucyecuru simuzi ariko nanjye uwamunyereka.
Imana izamuhe ijuru nicyo Musabiye kandi azatunge atunganirwe kuri iyi si .

Francois yanditse ku itariki ya: 26-03-2017  →  Musubize

None se uwo mwana w’umukobwa warokowe nta foto agira ko mbona mwashyizeho ay’abandi gusa? Keretse rero uwo mukecuru wamureze nta foto ye yasigaranye!

Rugira yanditse ku itariki ya: 26-03-2017  →  Musubize

nukuri Imana izahe uwo mubyeyi umugisha.

Knd natwe ni twe tuzasigara dusigasira amateka yabacu bazize ubwoko batihaye.

nsaba nabandi bafite imitima yubumuntu ko bakomeza guhashya abapfobya n abahakana jenosi yakorewe abatutsi.

gogo yanditse ku itariki ya: 25-03-2017  →  Musubize

Yes. jye ngize ubwuzu nikiniga. iri ni isomo. Imana imuhe umugisha. azasaze neza Amen.

mujero yanditse ku itariki ya: 26-03-2017  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka