’1930’ yafunze amarembo burundu

Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatangaje ko imfungwa n’abagororwa b’igitsina gore 607 bari basigaye mu cyahoze ari Gereza ya Kigali (1930) bamaze kwimurirwa i Mageragere aho iyi Gereza yimuriwe.

Nta mfungwa n'abagororwa basigaye muri 1930
Nta mfungwa n’abagororwa basigaye muri 1930

Iki gikorwa cyo kwimura imfungwa n’abagororwa bari bafungiwe muri 1930 bajyanwa i mageragere, cyaratangiye mu kwezi kwa Gashyantare 2017 himurwa abagabo bagera ku 3000 bari bafungiye muri1930.

Kuri iki cyumweru hakaba himuwe n’abagore 607 bari basigaye, 1930 ubu ikaba nta mfungwa n’umugororwa ukiyibarizwamo nk’uko umuvugizi wa RCS, SSP Sengabo Hillary, yabibwiye itangazamakuru.

Abagore 607 bari basigaye muri gereza ya 1930 bari kwimurirwa Mageragere
Abagore 607 bari basigaye muri gereza ya 1930 bari kwimurirwa Mageragere

SSP Sengabo akaba yanatangaje ko igikorwa cyo kwimurira abagororwa i Mageragere cyahereye ku bagabo, kuko inyubako z’abagore zari zitaruzura neza kuburyo zabakira.

Ahahoze 1930 hakaba hateganyirijwe abikorera ku giti cyabo bazahubaka amacumbi agezweho, muri gahunda yo kubonera abantu amacumbi aciriritse ariko ajyanye n’igihe.

Aya macumbi azubakwa ku gice kinini cy’ahahoze iyi gereza, ariko imwe mu nyubako z’iyi gereza yubatswe kera ntizasenywa, ahubwo izasigara igirwe igicumbi cy’amateka.

Amamodoka yimuye abagore bari basigaye muri 1930
Amamodoka yimuye abagore bari basigaye muri 1930
Ubu nta mugororwa usigaye 1930 aho yahoze hazubakwa amacumbi agezweho
Ubu nta mugororwa usigaye 1930 aho yahoze hazubakwa amacumbi agezweho
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Amacumbi arakenewe

MUKAMA Jean Daniel yanditse ku itariki ya: 2-07-2018  →  Musubize

Hariya hantu ni heza cyane hakwiye amacumbi koko, abikorera bagire vuba icyobazo cy’amacumbi aciriritse kirakomeye

MUKAMA Jean Daniel yanditse ku itariki ya: 2-07-2018  →  Musubize

ESE koko gereza ishobora kuba igicumbi cy’umuco?
Cyangwa se byahindurirwa inyito yindi.
Ababishinzwe badufasha kumvikanisha ubwo busobanuro neza.
Murakoze.

Denis imanizabayo yanditse ku itariki ya: 2-07-2018  →  Musubize

Yali imaze imyaka 88.Mu bantu bafungiwemo,harimo ingeri zose:President,ministers,Depite,doctors,engineers,abahinzi,etc...Bose bafungiwe ibyaha cyangwa akarengane.Nubwo gereza ya 1930 ivuyeho,isimbuwe n’indi ya Mageragere.Ariko tujye twibuka ko hari igihe Gereza zose zo ku isi zizavaho burundu.Kimwe n’indwara,ubusaza,intambara,ubukene,urupfu,etc..
Ubwami bw’imana cyangwa ubutegetsi bw’imana,nibuza buzakuraho abantu bose babi banga kumvira imana,busigaze abantu beza gusa. Byisomere muli imigani 2:21,22.Noneho buhindure isi paradizo.Niyo mpamvu dusenga imana buri munsi tuyibwira ngo"Let your kingdom come" (Ubwami bwawe nibuze).Buri hafi cyane.Shaka imana kugirango uzabubemo.

Mazina yanditse ku itariki ya: 1-07-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka