Rubavu: Inkangu yagwiriye inzu, yica abantu bane

Imvura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ushyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016, yateye inkangu mu Murenge wa Nyakiriba, ihitana abantu bane bo mu rugo rumwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiriba, Nzitabakuze Jean de Dieu, yatangarije Kigali Today ko inkangu yahitanye abo bantu bari batuye mu Mudugudu wa Nyakibande, Akagari ka Gikombe muri uyu murenge, yatewe n’imvura idasanzwe yaguye guhera saa mbili z’ijoro.

Mu Karere ka Rubavu, inkangu yahitanye abantu bane.
Mu Karere ka Rubavu, inkangu yahitanye abantu bane.

Yagize ati "Umugore n’umugabo n’abana babiri bari mu nzu ni bo bahitanywe n’inkangu. Hashoboye kurokoka abana babiri bari hanze y’inzu hamwe n’abandi bana batatu batari baharaye."

Nzitabakuze avuga ko ubuyobozi bw’umurenge bwakoze ibikorwa byo gutabara ndetse ku isaha ya saa saba z’amanywa yo kuri iki Cyumweru, ni bwo biteguraga kubashyingura.

Nzitabakuze avuga ko uretse ababuze ubuzima, ngo mu Murenge wa Nyakiriba hamaze kwangirika amazu 15 kubera imvura naho hegitare imwe y’imyaka yarangiritse.

Imvura idasanzwe mu Karere ka Rubavu ikunze gutera inkangu zihitana ubuzima bw’abantu kuko mu cyumweru gishize, hari abana babiri mu Murenge wa Rugerero bahitanywe n’inkangu, sekuru wabo ariyahura.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ni ikibazo gikomeye

alias yanditse ku itariki ya: 9-05-2016  →  Musubize

Imana,ibakiremubayo abasigaye,mugire kwihangana mukomere

jeanne yanditse ku itariki ya: 9-05-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka