Dasso zongerewe umushahara ungana na 30%

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, bwamaze gufata icyemezo cy’uko urwego rushinzwe umutakano Dasso, rugomba kuzamurirwa umushahara.

Mbabazi Francois Xavier umuyobozi w’aka karere avuga ko bafashe iki cyemezo nyuma yo kubana ubwitange bagira mu kazi kabo, bakanakoresha amafaranga yabo igihe bari mu kazi.

Dasso zazamuriwe umushahara
Dasso zazamuriwe umushahara

Ati “Uru rwego rwaradufashije cyane mu guhangana n’ikibazo cy’umutekano, kandi ugasanga bahura n’imvune nyinshi mu kazi, nibwo twicaye dusanga ko hari Icyo dukwiye kurwongerera ubushobozi”.

Uyu muyobozi avuga ko kuva urwego rwa Dasso rwajyaho, ibyaha byahungabanyaga umutekano, ibyinshi byagiye bigabanuka. Yongeraho ko ubwo bagiye ku rwongerera ubushobozi ikibazo cy’umutekano kizarangira burundu muri aka karere.

Tariki 25 Nzeri 2015 ni bwo njyanama y’Akarere ka Ruhango yicaraga ikemeza izamuka ry’uyu mushahara wa Dasso.

Perezida wa Nyanama y’aka karere Rusangwanwa Theogene, yavuze ko nabo basanze uru rwego hari byinshi rwakoze mu guhangana n’abahungabanya umutekano.

Akemeza ko nka njyanama basanze kuzamura umushahara w’uru rwego bikwiye. Ndetse akanongeraho ko uru rwego rukwiye guhakirwa amacumbi n’inyoroshya ngendo igihe ruri mu kazi.

Dasso zagize uruhare mu guhangana n'abahungabanya umutekano
Dasso zagize uruhare mu guhangana n’abahungabanya umutekano

Umuhuzabikorwa wa Dasso mu karere ka Ruhango Hategekimana Frodouard, akavuga ko nyuma yo kumva aya makuru meza, byabashimishije cyane, bikaba bigiye gutuma umusaruro batangaga mu mutekano, urushaho kwiyongera.

Ati “Ni byiza cyane, iyo n’inkuru kuri buri mu Dasso wese, kuko bakora akazi kavunanye, ntibiganda amanywa n’ijoro barakora, urumva rero kuba hari akantu babongereyeho, kazatuma nabo bagira aho bava n’aho bagera”.

Bikaba bivuzeko umushahara Dasso yahembwaga, haziyongeraho amafaranga angana na 30%, bivuze ko nk’uwahembwaga ibihumbi bisaga gato 45, azajya ahembwa asaga ibihumbi 60.

Akarere ka Ruhango kabarirwamo aba Dasso 39 bari mu mirenge yose icyenda igize aka karere.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 15 )

Kamonyi c Yoko yanze gutanga mirongeitatu kwijana 30% nkuko contact zibiteganya ikibazo twazakibaza Nyakubahwa president Paul kagame niba Dasso itagomba kubona ibyitegeko riteganya banyamaku muzatubari ko contract ibyivuga bitajyanye nibyumukozi agomba guhabwa kugirango tumare imyaka umunani 30%igenwa na contact turayibona

Kervin yanditse ku itariki ya: 10-09-2022  →  Musubize

Kamonyi c Yoko yanze gutanga mirongeitatu kwijana 30% nkuko contact zibiteganya ikibazo twazakibaza Nyakubahwa president Paul kagame niba Dasso itagomba kubona ibyitegeko riteganya banyamaku muzatubari ko contract ibyivuga bitajyanye nibyumukozi agomba guhabwa kugirango tumare imyaka umunani 30%igenwa na contact turayibona

Kervin yanditse ku itariki ya: 10-09-2022  →  Musubize

UZiko ntrinzi ko dasso bagenerwa umushahara n’akarere! njye nagira ga NGO bagenrwa Bose hamwe Mu rwego rw’igihugu. yewe uturere twose birakwiye ko twabigeza utyo.

BAHATI yanditse ku itariki ya: 26-04-2022  →  Musubize

uyu munyamkuru nawe rwose nashaka asubire ku ishuri
ngo DASSO zongerewe umushahara?
DASSO c ni ihene,inkwi,insinga,inkoko,.....??????
DASSO ni abantu si ibikoresho cg amatungo so kuvugako bongerewe umushahara nta kigoye kibirimo

madiba yanditse ku itariki ya: 29-08-2018  →  Musubize

Nutundi turere tugize igihugu nitwicare turebe niba haricyo dasso yabamariye babashimire kuko ruhango yo yabimenye kera.

majyambere Felicien yanditse ku itariki ya: 18-02-2018  →  Musubize

NDASHIMIRA CYANE UBUYOBOZI BWA RAHANGO BWAGIZE IGITEKEREZO CYO KONGERERA DASSO UMUSHAHARA NANASABA DASSO GUKOMEZA GUSIGASIRA UMUTEKANO w’IGIHUGU HATITAWE KU NGANO Y’UMUSHAHARA BABONA.

NSHIMIYIMANA Elie yanditse ku itariki ya: 23-06-2016  →  Musubize

Ok! Nahandi Barebereho

Twizeye Eva yanditse ku itariki ya: 11-04-2016  →  Musubize

birakwiye kuriburi mu DASSO wese kubona iyonyongera ya 30% tutitaye kuri ruhango,bizatanga ingufu mukazi bakora.

TURASABA EMMANUEL yanditse ku itariki ya: 3-10-2015  →  Musubize

Ruhango yacu oyeeee

alias yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

dasso igiye kubitunganya kabisa, umutekano muma quartier dutuyemo ugiye kuba munange

joseph yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

uwazanye dasso yatugiriye neza naho ubundi local defense zari kuzatumara

havugimana yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

ni byiza ubwo basanze hari icyo babafashije bagomba gushimirwa banarushaho bazamurirwa umushahara ariko kandi banarushaho gukora neza

Ndizeye yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka