Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 95$ zo kongera ingufu z’amashanyarazi

Kuri uyu wa 15 Ukuboza 2015, u Rwanda rwakiriye inkunga rwatewe na Banki y’Isi, izakoreshwa mu gukwirakwiza amashanyarazi mu ngo zirenga 72.000.

Iyo nkunga kandi izanifashishwa mu guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi cyatangiye mu cyumweru gishize bitewe n’insinga zangiritse.

Umugore wo mu cyaro agerageza icyuma gitanga amashanyarazi akomoka ku zuba.
Umugore wo mu cyaro agerageza icyuma gitanga amashanyarazi akomoka ku zuba.

Iyo nkunga ingana na miliyoni 95$ yamaze kwemezwa n’abagize inama y’ubutegetsi ya Banki y’Isi, izoherezwa mu kigo gishinzwe ibijyanye n’ingufu mu Rwanda “Energy Utility Corporation Limited (EUCL)”.

KT Press yanditse ko iyo nkunga izafasha ikigo gishinzwe gutanga amashanyarazi gutanga 15KV, ndetse no gusana insinga zangiritse kugira ngo bashobore guhaza ubwinshi bw’abashaka amashanyarazi kuko bukomeje kwiyongera.

Ngo izafasha kandi mu guhangana n’ ibura ry’umuriro rya hato na hato . Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, ibice bitandukanye by’iguhugu byabuze umuriro, aho abatekinisiye barimo gukora ibishoboka byose ngo basane umuyoboro w’amashanyarazi uva mu Burengerazuba bw’u Rwanda.

U Rwanda rufite intego ko mu 2018, 70% by’abarutuye bazaba bafite amashanyarazi mu gihe ubu bageze ku kigero cya 24%.

Icyo gihe, rwifuza kuzaba rufite imbaraga z’amashanyarazi zingana Megawati 563, mu gihe ubu rufite Megawati 161.

Hifashishijwe inkunga yatanzwe na Banki y’Isi, ikigo gishinzwe gutanga amashanyarazi “EUCL” ngo kizakora ku buryo abafatabuguzi bazajya bahabwa serivisi zijyanye n’umuriro bidasabye gutegereza amasaha cyangwa se iminsi myinshi.

Mediatrice Ingabire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ariko izo nkunga zihabwa bande ko mbona twirirwa muri BK twishyura cash kuri accounts za WASAC na service baduha tukazihabwa twabize icyunzwe !

bigabo yanditse ku itariki ya: 16-12-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka