Yatawe muri yombi azira kurasa uwo bashakanye
Umusore witwa Hakizimana Jean Paul bakunze kwita Jay Polly, yarashe umukobwa witwa Uwingeneye Afisa w’imyaka 20 ku gicamunsi cya tariki 20/03/2013 mu mudugudu wa Kagara, akagari ka Nyabisindu, umurenge wa Remera mu mujyi wa Kigali.
Jean Paul na Afisa ngo barakundanaga banabana, nyuma baza gutandukana; nk’uko byatangajwe n’umuturage umwe uzi imibanire yabo ariko utashatse ko amazina ye atangazwa.
Yagize ati, “Njye mbazi babana nk’umugore n’umugabo. Nyuma baje gutandukana ariko Afisa yakunze kuza gusura Jean Paul kenshi hano ku kazi na nyuma yo gutandukana.”

Yakomeje agira ati “Uyu munsi rero nko mu ma saa cyenda nagiye kumva numva induru iri guturuka muri iki gipangu mpita menya ko ari Afisa uri gutabaza. Hashize akanya numvise urusaku rw’amasasu, nibwo nyuma naje kumva ngo Jean Paul amaze kurasa Afisa.”
Nyiri inzu yabereyemo ayo mahano yagize ati, “Mu by’ukuri birantangaje cyane kuko sinari nzi ko Jean Paul yashobora no gutunga imbunda. Cyakora yari amaze iminsi atitwara neza ku buryo nari ndi hafi no kumwirukana. Ntago yari acyubaha akazi ke, kandi wabonaga asa nk’usigaye yariraye mu kazi.”
Umuyobozi ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kagara, Rwagasore Syldio yavuze yamenye amakuru y’urupfu rwa Afisa ubwo yari ahamagawe n’umuntu akamubwira ko hari amasasu ari kuvugira mu rugo rwa Egide.

Yabisobanuye muri aya magambo; “Nahise mpamagara umukozi wa Egide ariwe Hakizimana Jean Paul kuko nari mfite numero ze za telephone, mubaza ibyo aribyo niko kumbwira ati “Ndabirangije, ahubwo muhamagare Polisi”. Namubajije uwo arashe ambwira ko arashe umugore we”.
Kubera ko ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kagara atari hafi aho (yari yagiye gutabara i Kanombe) ngo yahise ahamagara Polisi nuko afata moto aza avugana na Hakizimana inzira yose. Ngo yakomeje amubwira ko hari abaturage bahururiye hanze y’igipangu, ngo kandi natinda arabarasa narangiza nawe yirase.

Ati “naje nganira nawe kugira ngo atabikora kugera ngeze hano, nsanga Polisi nayo yahageze.
Namubwiye gusohoka mu gipangu ashyize amaboko hejuru, yerekana ko atarwanya abashinzwe umutekano. Yabikoze Polisi imwicaza hasi yambwikwa amapingu, nibwo twinjiye mu gipangu tuhasanga ibitoryi bitatu by’amasasu y’imbunda yo mu bwoko bwa pistol.”
Usibye iki gikorwa Jean Paul yakoze, Syldio yemeza ko nta na rimwe Jean Paul yigeze agaragara ho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi mu mudugudu cyangwa ibindi bikorwa bihungabanya umutekano.
Kuri ubu Hakizimana Jean Paul acumbikiwe kuri stasiyo ya Polisi ya Remera, aho ategereje gushyikirizwa ubutabera.
Robert Muhirwa
Ibitekerezo ( 10 )
Ohereza igitekerezo
|
Biragaragarako leta idafatira abantu nkabo ibihano bi kwiye ni bakaze ibihano na ho ubundi abanyarwanda biba si we nu bwicanyi
mubyu ku ri bira baba je kuba muri iki ki nye jana hari abantu bagifata imyanzu ro igayitse nki yo umuntu yica umuntu baryamanye gusa ingamba zifatwe zi komeye
Biragaragarako leta idafatira abantu nkabo ibihano bi kwiye ni bakaze ibihano na ho ubundi abanyarwanda biba si we nu bwicanyi
Ahanwe byintanga rugero kugirango nabandi bafite ibitekerezo nkibye babonereho yenda ahari ubwicanyi mungobwagabanuka
Uwo mwicanyi bamukanire urumukwiye. naho Afisa Imana imwakire mu bayo.
nimuhaguruke musengere abanyarwanda dore bamwekwicanabbigize umwuga naho ubundi ndabonasekibi ari,ogukor
Uriya mugabo akwiye guhanwa byintangarugero sinarinziko hakiriho abantu bafite umutima w’ubunyamaswa Twihanganishe umuryango wa Afisa
Ariko ibi nibiki koko umuntu muto kuriya ukora amahano nkariya koko! ubu se POLISI imucumbikiyemo iki? kdi ubu ejo azaba yarekuwe ngo yasabye imbabazi? koko! uriya mutipe ni faux ahubwo nawe nibamushakie uko yakurikira uriya mugore we, wenda nawe ababyeyi be banmuhombe, njye mbona kumufunga nacyo bimaze.
uh birababaje hari ibintu umuntu aba agomba kwitondera amarayo y’umuntu ni ikintu gikomeye cyane imbere y’Imana n’imbere y’abantu so agomba kubahwa naburi wese. Uretse ko ntanimpamvu umuntu yatanga isobanura kwica mugenzi we kumukomeretsa ntayo kuko amategeko atahari. hari igihe umuntu yumva yakora ikintu nkiki atitaye kungaruka zacyo cg se atanitaye kubuzima bwe ubu se niba bari bafite nibyo bapfa yungutse iki kandi nawe ubwo uyu musore aramara ubuzima bwe bwose mu gihome, so ni byiza gutekereza kabiri kukintu cyose. Jyewe ndashimira police yacu iragerageza gukora neza congs
Ariko abanyarwanda kwicana babigize umushinga? Abicana bagiye babahana gufungwa burundu ko kwica byavuyeho! Ubundi bari bakwiye kuraswa.