Uyu musozi waradufashije kuko twabaga tureba ibirindiro byose by’umwanzi - Lt Col (Rtd) Ndore Rulinda

Umusozi wa Kabuye uherereye mu Karere ka Gakenke, ni hamwe mu hakomeje gukorerwa ubukerarugendo bwo kwiga umuco n’amateka y’ubutwari bwaranze ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Umusozi wa Kabuye ufite amateka akomeye mu kubohora Igihugu
Umusozi wa Kabuye ufite amateka akomeye mu kubohora Igihugu

Uwo musozi ufatwa nk’ahantu nyaburanga ho kwigira ubutwari, ufite ubutumburuke bwa metero 2700, aho kuwuzamuka bisaba igihe kingana n’amasaha agera muri atatu.

Uburebure bw’uwo musozi bwemerera buri wese wawuzamutse kwitegereza ibyiza nyaburanga hafi ya byose biri mu Ntara y’Amajyaruguru, ibyo bikaba ari kimwe mu byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba.

Lt Col (Rtd) Ndore Rulinda umwe mu ngabo zarwaniye kuri uwo musozi wa Kabuye, yavuze ko uwo musozi waborohereje gutsinda umwanzi aho babashaga kugenzura ibirindiro byose by’abo bari bahanganye.

Mu kiganiro yahaye urubyiruko rwari rwaje mu bukerarugendo ruzamuka uwo musozi, hizihizwa n’isabukuru yo kubohora igihugu, yarusabye guharanira ubutwari nk’ubwaranze ingabo zabohoye igihugu.

Rtd Lt Col Ndore Rulinda(ufashe ku cyapa) ni umwe mu barwanye urugamba rwo kubohora igihugu
Rtd Lt Col Ndore Rulinda(ufashe ku cyapa) ni umwe mu barwanye urugamba rwo kubohora igihugu

Ati “Umusozi nk’uyu waradufashije kuko twabaga tureba ibirindiro byose by’umwanzi. Amateka wakumva avugwa gusa, birutwa cyane n’iyo wiboneye aho byabereye.”

Ati “Kuzamuka uyu musozi rero, bituma mwumva mugiye mu cyimbo cy’abahaciye icyo gihe, bikabaha ishusho kandi bigatuma mukunda igihugu. Ubwo twazamukaga uyu musozi twanganaga nkamwe uku mungana, twumva ari ryo somo twabaha kandi imbaraga z’urubyiruko zikoreshejwe neza zakora byinshi”.

Bamwe mu rubyiruko rwatembereye kuri uwo musozi, bavuga ko isomo bakuyemo ari uguharanira ubutwari no gukunda igihugu, bagera ikirenge mu cy’abababanjirije.

Umukobwa umwe muri bo ati “Ikintu uru rugendo rumfashije, ni uko ngomba kurushaho gukunda igihugu cyanjye no kumenya gushyira hamwe na bagenzi banjye kugira ngo twishyiremo intego zo gukunda igihugu cyacu no kucyitangira mu gihe bibaye ngombwa”.

Abahatemberera baba bafite amatsiko ku mateka anyuranye
Abahatemberera baba bafite amatsiko ku mateka anyuranye

Umwe mu basore baje kwigira amateka kuri uwo musozi ati “Ntabwo ari ibintu byoroshye kuzamuka uyu musozi bisaba ubutwari, noneho twibaze kuba barawuzamukaga batwaye imbunda n’ibindi bikoresho binyuranye. Icyo mpigiye ni uko abatubanjirije bari bafite ubutwari bwo gukunda igihugu, ni byo twese dukwiye kubigiraho duharanira uburwari bwatugeza ku ntera yo kwitangira igihugu cyacu”.

Umusozi wa Kabuye ubumbatiye n’amateka y’ibwami

Uretse kuba uwo musozi wa Kabuye ubumbatiye amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu, uwo musozi ni na wo buturo bw’umwami Gihanga Ngomijana aho yaje gutura aturutse Nkotsi na Bikara mu Karere ka Musanze.

Ni amateka Kigali Today ikesha Nzabonimpa Théodore, Umuyobozi wa Kampani ishinzwe gutembereza ba mukerarugendo mu bijyanye n’umuco n’amateka yitwa Beyond Gorillas Experience.

Rtd Lt Col Ndore Rulinda asangiza urubyiruko amateka yaranze urugamba rwo kubohora igihugu ku musozi wa Kabuye
Rtd Lt Col Ndore Rulinda asangiza urubyiruko amateka yaranze urugamba rwo kubohora igihugu ku musozi wa Kabuye

Yagize ati “Umusozi ufite amahumbezi adasanzwe ufite amateka menshi y’u Rwanda kuko hatuye Gihanga Ngomijana wahabaye n’umukobwa we witwa Nyirarucyaba, Gihanga yahageze ari muri ya nzira ye yo kureba uko yagura u Rwanda n’indangagaciro Abanyarwanda bazamukomokaho bazagira.”

Ngo Gihanga akihagera yatuye mu buvumo bwitwa inzira y’umwami afukurira n’umukobwa we Nyirarucyaba iriba rya Nyirarucyaba ryavomwagamo amazi yakoreshwaga mu iyimikwa ry’abami aho bose bahabwaga umugisha wa Gihanga.

Ayo mazi kandi ngo yakoreshwaga mu mihango y’ibwami mu nzira y’ishora, kuri uwo musozi hakaba harubatswe n’indake yafashaga abasirikare mu rugamba rwo kubohora kariya gace nk’uko Nzabonimpa akomeza abivuga.

Agira ati “Umusozi wa Kabuye wakoreshejwe habohozwa aka gace kose k’Amajyaruguru kuko ndibuka nk’igitero cyo ku itariki 08 Mata 1992, bivugwa ko icyo gitero ari cyo cyafunguje imfungwa n’izindi nzirakarengane zari zifungiye muri gereza nkuru ya Ruhengeri, ni umusozi ufasha ingabo kureba aho umwanzi wese yaturuka”.

Mu basura uwo musozi harimo n'abanyamahanga
Mu basura uwo musozi harimo n’abanyamahanga

Uwo musozi wa Kabuye kandi ngo uri mu yifashishijwe mu guhashya Interahamwe zari zaribasiye agace k’Intara y’Amajyaruguru, Abanyarwanda n’abanyamahanga bakaba bakomeje kuwusura biga amateka yo kubohora igihugu n’amateka y’ibwami.

Ubu uwo musozi utangiye kubyazwa umusaruro. Mbere y’uko hashingwa Kampani Beyond Gorillas Experience, abasuraga uwo musozi byarabagoraga kubona aho barara no kubona icyo kurya ibyo bigaca intege abanyamahanga bahakoreraga ubukerarugendo nk’uko Nzabonimpa akomeza abivuga.

Agira ati "Abenshi mu bakoreraga ubukerarugendo kuri uyu musozi ni abataliyani. Mbere y’uko dushinga Kampani ya Beyond Gorillas Experience barazamukaga ntibagire uwo bishyura, ntibagire ubabwira amateka ntibagire ubatwaza igikapu ntibagire ubaha amazi yo kunywa ntibabone ubufasha. Ubu twakoze inzira dushyiraho ibyapa, dushyiraho ubwiherero dushyiraho aho bashyira imyanda mu nzira, twubaka amahema yo kuraramo hejuru twubaka inzu bariramo bananyweramo, ubu nibwo bitangiye gutanga umusaruro.

Kuri uyu musozi haboneka serivisi zitandukanye zihabwa abawusura
Kuri uyu musozi haboneka serivisi zitandukanye zihabwa abawusura

Ubu umuntu ukorera ubukerarugendo kuri uwo musozi ashobora kuharara, akabona ibyo kurya byose akeneye, akota umuriro, akisanzura mu buryo bwose.

Ni umusozi ukora ku mirenge itatu igize Akarere ka Gakenke, ari yo Kamubuga, Nemba na Karambo. Uwo musozi kandi uza ku mwanya wa gatatu mu gihugu mu misozi myiza mu Rwanda, aho uza inyuma y’umusozi wa Bigugu wo muri Nyungwe na Muhungwe yo muri Gishwati muri Rubavu.

Kugeza ubu abenshi mu batuye ako gace kegereye umusozi wa Kabuye barishimira ibikorwa remezo bamaze kugezwaho birimo amashanyarazi, amazi meza, ibitaro, amashuri n’imihanda.

Kuri uwo musozi hashyizwe ibikorwa remezo byifashishwa na ba mukerarugendo
Kuri uwo musozi hashyizwe ibikorwa remezo byifashishwa na ba mukerarugendo
Abatemberera kuri uwo musozi bahasanga amafunguro
Abatemberera kuri uwo musozi bahasanga amafunguro
Abatemberera kuri uwo musozi basobanurirwa amateka yaho
Abatemberera kuri uwo musozi basobanurirwa amateka yaho

Inkuru zijyanye na: kwibohora26

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Aha hantu ni heza cyane ahubwo abashora mari bareba n’uburyo bahashyira hotel isobanutse.haboneka byose bishoboka njye ndahaturiye.

Ngirabakunzi Jean Paul yanditse ku itariki ya: 10-07-2020  →  Musubize

Kuhasura no kuharara rimwe ku munyarwanda ni angahe ko nshaka kuhasura n’umuryango wange?

Ndayizeye yanditse ku itariki ya: 8-07-2020  →  Musubize

K Today murakoze kubw’iyi nkuru.Ibi bidufasha kumenya ibyiza nyaburanga ndetse n’amateka y’igihugu cyacu.Aha hantu rwose urabona ko ari heza cyane

Nizeye yanditse ku itariki ya: 8-07-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka