Umuyobozi muri China road wari watorotse yafashwe

Umwe mu bayobozi b’isosiyete ikora imihanda, China Road, mu karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi nyuma yo gutoroka ashinjwa ubujura bw’amapine.

Uyu mugabo bayigamba yagejejwe kuri polisi ya Nyamasheke, kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukuboza 2015, bivugwa ko yakuwe mu karere ka karongi aho yari amaze iminsi yihishe nyuma yo guhamagazwa kuri polisi agahita acika.

China Rads ni isosiyete imenyerewe mu Rwanda (Photo internet)
China Rads ni isosiyete imenyerewe mu Rwanda (Photo internet)

Amakuru atangazwa n’abantu badashaka kugaragara mu itangazamakuru avuga ko abajura binjiye mu bubiko bw’amapine y’isosiyete ikora umuhanda ya China Road iri mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, bakiba amapine agera kuri 17, hagafatwa amapine agera 10 andi mapine akaba yaraburiwe irengero.

Abantu bagera kuri btandatu bahise bataba muri yombi Bayigamba Athanase ahita abura mu gihe polisi yamusabaga kuza gutanga ibisobanuro.

Umwe mu batangaza aya makuru avuga ko uyu Athanase nawe ari mu bakekwa ba mbere mu ibura ry’aya mapine.

Yagize ati “uyu mugabo yagize uruhare rukomeye mu iyibwa ry’aya mapine, ikimenyimenyi yahise abura burundu kugeza ubwo polisi imushatse maze iramubura.”

Aya amakuru yemezwa n’ubuyobozi bw’umurenge wa kanjongo, bwemeza ko habuze amapine y’isosiyete ikora umuhanda ya China Road mu cyumweru gishize, hakaba hari hakiri abagishakishwa.

Ngendahimana Leopord, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanjongo yagize ati “Nta byinshi nabivugaho gusa ayo mapine yaribwe kandi hari abari bagishakishwa.”

Uyu mugabo witwa Athanase Bayigamba yari ashinzwe ibijyanye n’umutekano n’abakozi mu isosiyete ikora umuhanda ya China Road, yagejejwe kuri sitasiyo ya Ruharambuga mu myenda isanzwe n’amapingu ku maboko.

Bivugwa ko aya mapine 17 yibwe yari afite agaciro k’amafaranga asaga miriyoni 7Frw z’amafaranga y’u Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Yafatiwe he. wakwiba umuntu ugatorokera iwe mbega itangazamakuru!!!!!

Alias yanditse ku itariki ya: 25-12-2015  →  Musubize

Itangazamakuru rya Kigalitoday kuri iyu nkuru rirasekeje. Ninde wabahaye aya makuru yamagimbano ibi ni ugusebanya kandi tuzabakurikirana.

Alias yanditse ku itariki ya: 25-12-2015  →  Musubize

ni danger kbsa

sesebasi yanditse ku itariki ya: 25-12-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka