Rutsiro: Umuganura bawubonamo inzira y’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda

Abaturage bibumbiye mu midugudu ya Nduba, Mukebera na Kindoyi igize akagari ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, basanga umuganura ari inzira yaganisha abanyarwanda ku bumwe n’ubwiyunge.

Babitangaje kuri uyu wa gatanu tariki 7 Kanama 2015, ubwo bizihizaga umunsi w’umuganura bishimira ibyo bagezweho no gushimangira ubumwe n’ubwiyunge bakaniyemeza gushaka ibindi bazageraho.

Gusangira ku muganura ngo byatumye ubwiyunge bushinga imizi.
Gusangira ku muganura ngo byatumye ubwiyunge bushinga imizi.

Elizabeti Nyiramana umukecuru w’imyaka 55 utuye mu mudugudu wa Kindoyi yatangaje ko umunsi w’umuganura ari umunsi abantu bahuraga bagasangira n’imiryango n’inshuti bitandukanye.

Yagize ati “Nyuma y’intambara aho wasangaga abantu barebana ay’ingwe kubera byabaye mu Rwanda, ariko nk’ubu turi gusangira nkaba mbona ubumwe n’ubwiyunge bwagerwaho hifashishijwe umunsi nk’uyu w’umuganura.”

Buri wese yaangaga uko yifite kugira ngo asangire na bagenzi be.
Buri wese yaangaga uko yifite kugira ngo asangire na bagenzi be.

Habiyambere Thomas utuye mu mudugudu wa Mukebera nawe ngo asanga kuba abantu basangira buje urugwiro mu munsi w’umuganura, ari ikimenyetso cy’uko Abanyarwanda bashyize hamwe akaba yemeza ko umuganura waba inzira ishyigikira ubumwe n’ubwiyunge.

Bacinye n'akadiho mu gihe basangiraga umuganura.
Bacinye n’akadiho mu gihe basangiraga umuganura.

Umuyobozi w’akagari ka Congo-Nil Gitsimbanyi Christophe, yafashe umwanya wo gusobanura amateka yaranze umuganura hambere, avuga ko ubusabane nk’ubu bw’umuganura ngo butuma abantu basangira abahemukiranye bakaniyumvana mo aho gucika mo ibice.

Hari ibinyobwa bitandukanye muri uyu muganura.
Hari ibinyobwa bitandukanye muri uyu muganura.

Zimwe mu mbogamizi zabangamiye uyu munsi w’umuganura ni nk’isoko riremera mu mudugudu wa Nduba ari nawo wabereyemo ibirori by’umuganura, byatumye abantu bitabira ari bake.

Mbarushimana Cisse Aimable

Ibitekerezo   ( 1 )

uyu ni umuco wacu tugomba gukomeraho kuko ufite ibyiza byinshi

gatsimbanyi yanditse ku itariki ya: 9-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka